00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akamanzi yashimye urukundo Gen Muhoozi afitiye Basketball

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 June 2026 saa 01:14
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi, n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, banyuzwe n’intsinzi y’Ikipe ya New York Knicks yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA) nyuma y’imyaka 53.

Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Kanama 2026, ni bwo Knicks yabonye intsinzi iyigoye, dore ko yatabawe n’abarimo Jalen Brunson wabaye umukinnyi w’irushanwa (MVP).

Benshi mu bakunzi b’iyi kipe ntibayizi yegukana Igikombe cya Shampiyona ya NBA, kuko igiheruka mu myaka 53 ishizi.

Mu bagaragaje kwishimira iyi ntsinzi bidasanzwe harimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, washimiye abakinnyi berekanye urwego rwiza.

Ati “Mwishyuke New York Knicks kubera ko mwegukanye Igikombe cy’imikino ya nyuma ya NBA 2026. Bakinnye umukino mwiza wa Basketball.”

Ubu butumwa yatanze yifashishije urubuga nkoranyambaga ewa X, yasubijwe n’Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi, wagize ati “Twishimiye kukubara nk’umufana ukomeye wa Basketball.”

Muri Werurwe 2026, Gen Muhoozi Kainerugaba yagiranye ibiganiro na Clare Akamanzi bigamije guteza imbere umukino wa Basketball muri Uganda.

Ibiganiro by’aba bayobozi bombi byibanze ku kurebera hamwe uburyo bwo guteza imbere Basketball muri Uganda ndetse ikajya ku rwego rw’ababigize umwuga.

Clare Akamanzi yagaragarije Gen Muhoozi gahunda zitandukanye NBA Africa ifite ku mugabane wa Afurika, zirimo n’ijyanye no gukorana na Guverinoma za Afurika n’abikorera mu kubaka ubukungu bushingiye ku mukino wa Basketball.

Clare Akamanzi na Gen Muhoozi Kainerugaba banyuzwe n’intsinzi y’Ikipe ya New York
New York Knicks yegukanye NBA ku nshuro ya gatatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages