Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, ni bwo muri BK Arena handikiwe amateka adasanzwe, aho RSSB Tigers BBC yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu.
Umwe mu bakinnyi bafashije RSSB Tigers kwitwara neza ni Leonard Craig Randall II, wahise anatorwa nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa wahize abandi mu irushanwa.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo gukora amateka, yavuze ko ari ibintu yari yaratekereje nyuma yo gushaka kuzinukwa uyu mukino.
Ati “Ndashimira Imana kuko iyo itaba yo ntabwo nari kuba ndi hano. Sinari kuhaba kandi ntashyigikiwe n’umuryango wanjye, urimo data, umugore wanjye, mama wanjye, umuvandimwe wanjye n’abana banjye basigaye mu rugo. Mbonye byose kuri njye. Mu mezi atatu ashize, habuze gato nari mpagaritse Basketball, icyo gihe sinifuzaga kongera kuyikina habe na rimwe.”
“Ariko mvugishije ukuri, sindi umuntu woroshye n’umugore wanjye arabizi, ariko iyo bigeze kuri Basketball ntanga byose mfite. Buri gihe nabwiraga Perezida wacu ko tuzakora amateka, kandi sinari kuza muri iki kiganiro nta gikombe mfite.”
Ubwo yatangiraga gukina nk’uwabigize umwuga mu 2020, yashatse kujya muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), ariko ntibyamukundira kuko nta kipe yamutoranyije.
Mu 2021 ni bwo yabonye ikipe ya Long Island Nets ishamikiye kuri Brooklyn Nets yo muri NBA, ariko yo ikaba ikina muri Shampiyona yo kuzamura impano ya ‘G-League’.
Mu 2022 yahise atorwa nk’umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi muri iyo shampiyona, bituma abona amahirwe yo gukina muri NBA Summer League y’icyo gihe akinira Portland Trail Blazers.
Kunyura mu makipe menshi ariko atazamuka muri NBA byatumye yitakariza icyizere, afata icyemezo cyo kwemera gukinira APR BBC yiteguraga BAL 2026 nk’amahirwe ye ya nyuma mu buzima, dore ko icyo gihe yari yanze ko se amujyana mu makipe yo mu Bushinwa.
APR BBC isimbujwe RSSB Tigers muri BAL 2026, uyu ni umwe mu bakinnye bayikomerejemo, bajya kuyifasha ndetse biramuhira kugeza abaye umukinnyi mwiza mu irushanwa.
Muri iri rushanwa, Leonard Craig Randall II yatsinze amanota 144 wenyine, uyateranyije nta kipe yigeze iyabona mu mukino umwe. Yatanze imipira 15 ivamo andi manota, akora ‘rebound’ 11.
Iri rushanwa risize ashyizeho agahigo ko gutsinda amanota menshi mu mukino umwe wa BAL, aho yatsinze amanota 54 n’atatu yatsinze inshuro 11, mu gihe kari gasanzwe gafitwe na Jo Lual-Acuil Jr watsinze 42 mu 2024.
Ni amateka yandikiye mu mukino w’amajonjora ya Kalahari Conference, batsinzemo Dar City yo muri Tanzania amanota 104-92.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!