00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hateguwe irushanwa mpuzamahanga rya Basketball rizahuza u Rwanda n’u Burundi

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 9 November 2023 saa 09:33
Yasuwe :

Ikigo gitegura ibikorwa byo gutesa imbere Siporo, B&B Sports Agency cyahurije hamwe abakinnyi beza muri Basketball hagati y’u Rwanda n’u Burundi mu Irushanwa Mpuzamahanga ryiswe ’Ni nde uhiga undi’.

Ni irushanwa rizaba rigizwe n’imikino ibiri mpuzamahanga aho uwa mbere uzakinirwa i Bujumbura tariki 2 Ukuboza mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali tariki 9 Ukuboza 2023.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa Kane tariki 9 Ugushyingo 2023, Umuyobozi wa B&B Sports Agency, yavuze ko amakipe yemerewe abakinnyi 12 bazaba ari beza muri Shampiyona yayo ndetse ko hazakoreshwa abasifuzi mpuzamahanga kugira hirindwe icyateza kuyishimira ibyavuye mu mikino.

Abazaba bitabiriye iri rushanwa kandi bazasusurutswa n’amatorero gakondo kugira ngo himakazwe umuco hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida wa Federa y’u Rwanda ya Basketball, FERWABA, Mugwiza Desire yavuze ko banejejwe cyane no gukorana na B&B Sports Agency ndetse yongeraho ko bakirana yombi uwo ari we wese ufite igikorwa cyo guteza imbere umukino wa Basketball.

Ati "Iki ni igikorwa cyongera imikino ku bakinnyi ba Basketball baba bari mu biruhuko. Ni akanyabugabo kuri Federasiyo kuko ni igikorwa ngarukamwaka ndetse kigiye guhuza Federasiyo z’ibihugu byombi u Rwanda n’u Burundi twirengagije za FIBA dusanzwe duhuriramo."

Mugwiza yongeyeho ko bifuza ko iki gikorwa kizaguka kikagirwa icy’akarere k’Uburasirazuba bwa Afurika kikazajya cyitabirwa n’ibihugu birenze u Rwanda n’u Burundi gusa.

Yagize ati" Ni abakinnyi 12 batoranyijwe mu beza nk’uko mwabyumvise ariko turifuza ko cyizaguka kikaba icya Afurika y’Iburasirazuba nka Zone 5 bizatuma irushanwa ryacu na Shampiyona izamuka cyane kuko buri wese abaza yifuza gukora mu beza n’ibihugu byombi."

Perezida wa FERWABA kandi yahishuye ko iki gikorwa umwaka utaha ku nshuro yacyo ya kabiri kizitabirwa n’icyiciro cy’abagore hanyuma nyuma y’imyaka itatu hazarebwe n’abandi bakongerwamo.

Perezida wa Federasiyo ya Basketball y’u Burundi, FEBABU, Manirakiza Jean Paul, yavuze ko banejejwe cyane no gutegura irushanwa ryerekana uhiga undi hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Yagize ati" B&B Sports Agency ifite kudufasha kumenyekanisha umukino wa Basketball hagati y’ibihugu byombi, bagiye kandi kudufasha kuzamura urwego rwa Shampiyona zacu kuko abakinnyi bazajya bakina Shampiyona bifuza kuza mu beza bazitabira iri rushanwa."

Manirakiza yavuze kandi ko iri rushanwa ryatangiye gukurura abandi bafatanyabikorwa ba za Federasiyo zo mu Karere bifuza kuryitabira mu rwego rwo guteza imbere Basketball mu bihugu byabo.

"Twifuza ko Basketball iba ururimi ruhuza abantu cyane cyane hano iwacu mu Karere k’Uburasirazuba bwa Afurika aho abikorera bazana ibikorwa byabo tukabamamariza bakamenyekana biciye mu irushanwa nk’iri."

Abeza 24 bamaze gutoranywa mu bihugu byombi aho hazatoranywamo 12 ku mpande zombi bazitabira iri rushanwa. Ku ruhande rw’u Rwanda Kapiteni w’Ikipe azaba ari Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson ukinira APR FC n’Ikipe y’Igihugu.

Hateguwe irushanwa mpuzamahanga rya Basketball rizerekana uhiga undi hagati y'u Rwanda n'Uburundi
Perezida wa Federasiyo ya Basketball y'u Burundi, FEBABU, Manirakiza Jean Paul (ibumoso), Umuyobozi wa B&B Sports Agency, Bagirishya Jean de Dieu 'Castar' (hagati) na Perezida wa FERWABA, Mugwiza Désiré (iburyo)
Umuyobozi wa Siporo wa siporo miri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe yari yitabiriye iki kiganiro n'itangazamakuru
Perezida wa FEBABU, Manirakiza Jean Paul yavuze ko hari ibinndi bihugu byo mu karere byifuza kwitabira iri rushanwa n'ubwo ritaratangira
Perezida wa FERWABA, Mugwiza Désiré yavuze ko iki gikorwa kigomba kwaguka hakajyamo n'icyiciro cy'abagore ndetse mu myaka itatu iri imbere hakarebwa uburyo cyakwagurwa
Umunyamakuru wa B&B FM-Umwezi, Nsengiyumva Sidiq yari muri iki kiganiro
Kapiteni w'abakinnyi beza b'Ikipe y'u Rwanda Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson yari muri iki kiganiro n'itangazamakuru
Perezida wa FEBABU, Manirakiza Jean Paul yavuze ko hari ibinndi bihugu byo mu karere byifuza kwitabira iri rushanwa n'ubwo ritaratangira
Umunyamakuru ubirambyemo wa B&B FM-Umwezi, Bayingana David niwe wayoboye iki kiganiro

Amafoyo: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages