Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi kipe, binyuze kuri Perezida wayo Magic Johnson na Rob Pelinka uyikurikirana umunsi ku munsi, yavuze ko nyuma yo kuganira n’ikipe y’abaganga bemeje ko LeBron James agiye gufata akaruhuko.
Iti “Nyuma yo kuganira n’abaganga bacu n’ikipe y’ubuvuzi, twafashe icyemezo cyo kureka LeBron James hanze y’imikino yose isigaye muri uyu mwaka w’imikino. Gufata iki cyemezo ni ukugira ngo tumufashe kuba imvune yagize yakira neza, kandi nibyo bizafasha LeBron na Lakers mu minsi iri imbere.”
Lakers bongeyeho kandi ko James azaherekeza ikipe mu mikino iri imbere bazahuramo na New Orleans na Oklahoma City.
LeBron James yababariye mu mukino ikipe ye yatsinzemo Golden State kuri Noheli, bituma umwaka we wa 16 akina muri NBA awusibamo imikino myinshi kuva ayigezemo mu 2003. Yasibye imikino 17 mbere bituma ikipe ya Lakers ibura amahirwe yo gukina imikino ya Playoffs.
Kugeza ubu Los Angeles Lakers imaze gutsinda imikino 34 itsindwa 42 nyuma yo gutsinda Charlotte amanota 129-115 ku wa Gatanu, aho James yatsinzemo 27 mu mukino we wabaye uwa nyuma muri uyu mwaka.
Ni ku nshuro ya mbere LeBron James agiye kubura mu mikino isoza NBA kuva mu 2005 ubwo yari mu mwaka we wa kabiri muri iyi shampiyona ikunzwe ku Isi, akinira Cleveland. Yagaragaye mu mikino ya nyuma mu nshuro umunani ziheruka.
James wakinaga umwaka we wa mbere muri Lakers, yatsinze nibura amanota 27.4 mu mukino muri 55 yakinnye.



















TANGA IGITEKEREZO