00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NBA: Bam Adebayo yanditse amateka yo gutsinda amanota 83 mu mukino umwe

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 March 2026 saa 09:03
Yasuwe :

Bam Adebayo ukinira Miami Heat yakoze amateka yo gutsinda amanota 83, mu mukino ikipe ye yatsinze Washington Wizard amanota 150-129 muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA.

Uyu mukino wabaye mu rukerera rwo ku wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026.

Ni umukino Miami Heat yayoboye cyane ibifashijwemo na Adebayo wari ugoye guhagarika.

Bam Adebayo yakuyeho agahigo kari gafitwe na Kobe Bryant watsinze amanota 81 mu mukino wahuje Los Angeles Lakers yakiniraga na Toronto Raptors mu 2006.

Muri rusange, agahigo ko gutsinda amanota menshi mu mukino umwe gafitwe na Wilt Chamberlain wakiniraga Philadelphia Warriors watsinze amanota 100 yahuye na New York Knicks mu 1962.

Indi mikino ya NBA yabaye muri uru rukerera, San Antonio Spurs yatsinze Boston Celtics amanota 125-116, Chicago Bulls itsinda Golden State Warriors amanota 130-124, Lakers itsinda Timberwolves amanota 120-106.

Bam Adebayo yabaye umukinnyi wa kabiri watsinze amanota menshi muri NBA
Bam Adebayo na nyina mu marira y'ibyishimo
Adebayo yasoje agace ka mbere yatsinze amanota 31
Adebayo yashimiwe na bagenzi be cyane
San Antonio Spurs yatsinze Boston Celtics

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages