Iyi mikino igeze muri Playoffs muri kimwe cya kabiri cy’irangiza, amakipe arangajwe imbere n’inkorokoro muri uyu mikino n’ubundi niyo ari guhabwa amahirwe.
Ku ikubitiro amakipe umunani yageze muri ½ yatangiye gukina hagati yayo. Ayo ni Cleveland Cavaliers ifite igikombe giheruka iri guhura na Toronto Raptors, ikipe imwe rukumbi ikina iri rushanwa itari iyo muri USA. Washington Wizards igomba kwisobanura na Boston Celtics. Aya yose uko ari ane ni amakipe yo mu gice cy’u Burasirazuba.
Mu Burengerazuba aho ibintu biryoshye kurushaho, Golden States Warriors yigaruriye imitima ya benshi harimo Perezida Kagame izisobanura na Utah Jazz naho San Antonio Spurs yisobanure na Houston Rockets.
Uko byifashe kugeza ubu
Mu mikino ya ½ yaraye ibaye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri, byari ibirori kuri Quicken Loans Arena (The Q) ikibuga cya Cleveland Cavaliers mu Mujyi wa Clevaland muri Leta ya Ohio.
LeBron James na bagenzi be batsinze umukino ubanza wa ½ ku manota 116 kuri 105 ya Toronto Raptors. Muri uyu mukino, James watowe nka MVP umwaka ushize yabashije gutsinda amanota 35, Kyrie Irving atsinda 24 naho Kevin Love atsinda 18. Kyle Lowry ku ruhande rwa Toronto Raptors niwe watsinze amanota menshi aho yabonye 20. Umukino wa kabiri hagati y’aya makipe uzaba ku wa 3 Gicurasi.
Undi mukino wahuje Boston Celtics na Washington Wizards urangira iyi kipe yo mu Mujyi wa Boston itsinze ku manota 123 kuri 111 ya Wizards. Muri uyu mukino wabereye ku kibuga TD Garden imbere y’abafana 17,565, nk’ibisanzwe Isaiah Thomas yigaragaje atsindira Celtics amanota 33 naho Bradley Beal ku ruhande rwa Wizards atsinda 27. Kuri uyu wa Kabiri hateganyijwe umukino wa kabiri hagati y’aya makipe.
Mu Burengerazuba ho imikino yatangiye San Antonio Spurs itsindwa na Houston Rockets amanota 126 kuri 99. Ni umukino Trevor Ariza yatsinzemo amanota menshi (23). Izi kipe zikazongera kwisobanura ku wa 3 Gicurasi.
Golden States Warriors ihabwa amahirwe yo kwegukana iki gikombe itegerejwe mu kibuga kuri uyu wa Kabiri aho iza kwisobanura na Utah Jazz mu mukino ubanza wa kimwe cya kabiri.
Uko byari bimeze Cleveland Cavaliers itsinda Toronto Raptors
Amafoto yaranze umukino wa Washington Wizards na Boston Celtics



















TANGA IGITEKEREZO