Cleveland Cavaliers yari iyobowe na LeBron James, umwaka ushize yigaranzuye Golden States Warriors yari irangajwe imbere n’abakinnyi barimo Stephen Curry, Draymond Green, Klay Thompson n’abandi.
Uyu mwaka kandi Golden States Warriors ni nayo ihabwa amahirwe cyane nyuma y’uko yatangiye shampiyona imaze kugura kabuhariwe Kevin Durant avuye muri Oklahoma City Thunder.
Kuva saa tatu zo kuri uyu wa Gatandatu, nibwo hari butangire imikino ya Playoffs aho amakipe umunani yitwaye neza muri buri gice, mu cy’Iburengerazuba n’Uburasirazuba aza kuba akina.
Uko ari 16 agomba kwishakamo abiri azakina imikino ya nyuma izatangira muri Kamena uyu mwaka. Ikiri kwibazwa ni ese Clevaland Cavaliers ishobora kongera gukora amateka ikazagumana iki gikombe yatwaye umwaka ushize ari ubwa mbere mu mateka yayo? Cyangwa se Golden States Warriors izabasha kwihimura kuri iyi kipe yo mu Burasirazuba?
Amakipe 16 ari butangira imikino ya Playoffs
1. Golden State Warriors
2. Cleveland Cavaliers
3. San Antonio Spurs
4. Boston Celtics
5. LA Clippers
6. Houston Rockets
7. Washington Wizards
8. Toronto Raptors
9. Oklahoma City Thunder
10. Utah Jazz
11. Milwaukee Bucks
12. Memphis Grizzlies
13. Chicago Bulls
14. Atlanta Hawks
15. Indiana Pacers
16. Portland Trail Blazers
Uko imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu:
Guhera saa tatu z’ijoro, Cleveland Cavaliers (Cavs) ya LeBron James na bagenzi be barimo Kylie Irving, Kevin Love, Jr Smith n’abandi iraza kuba ikina na Indiana Pacers ya Paul George, Jeff Teague, Myles Turner na Monta Ellis. Ni umukino uri bubere kuri ‘The Q’ (Quicken Loans Arena: Ikibuga cya Cavs) mu Mujyi wa Ohio.
Kuri Air Canada Centre, Toronto Raptors ya DeMar DeRozan, Kyle Lowry na Pascal Siakam iraza kuba ikina na Milwaukee Bucks ya Matthew Dellavedova wahoze muri Cavs na Malcolm Brogdon ku isaha ya saa tanu n’igice z’ijoro.



















TANGA IGITEKEREZO