Ujiri yahawe inshingano z’ibikorwa byose by’ikipe birimo kugura abakinnyi, gushaka abashya n’ibindi.
Umuyobozi Mukuru wa Dallas Mavericks, Patrick Dumont, yagaragaje ko bishimiye kugira Ujiri mu ikipe ndetse bizeye ko bazagirana ibihe byiza.
Masai yavuze ko yishimiye kujya mu ikipe ifite inyota yo gutsinda n’amateka.
Ati “Iyi ni ikipe y’amateka, y’abafana bakomeye kandi ifite inyota yo gutsinda. Tuzatsinda muri Dallas.”
Ujiri ni umwe mu bafite izina rikomeye mu buyobozi bw’amakipe muri NBA, aho yanyuze muri Denver Nuggets na Orlando Magic.
Ni mu gihe kandi yayoboye Toronto Raptors kuva mu 2013 kugeza mu 2025 batandukanye. Mu 2019 yahesheje iyi kipe Igikombe cya Shampiyona.
Masai Ujiri kandi asanzwe afite Umuryango wa Giants of Africa ufasha urubyiruko rwa Afurika kuzamura impano muri Basketball.
Uyu mugabo w’inshuti y’u Rwanda afite Zaria Court iri muri hoteli zigezweho i Kigali.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!