00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NBA yananiwe gukora ingengabihe y’umwaka utaha kubera LeBron James

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 July 2026 saa 04:38
Yasuwe :

Komiseri wa Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), Adam Silver, yavuze ko bananiwe gutegura ingengabihe y’umwaka wa 2026/27 kubera ko LeBron James ataravuga ikipe azakinira.

Mu kwezi gushize kwa Kamena 2026, ni bwo uyu munyabigwi muri NBA, yatandukanye na Los Angeles Lakers yari amazemo imyaka umunani ari umukinnyi wayo.

Nyuma y’icyo gihe cyose ntabwo yigeze atangaza ikipe azakinira mu mwaka wa 2026/27, cyangwa ngo atangaze ko ahagaritse gukina Basketball burundu.

Kudafata icyemezo hakiri kare, byakomye mu nkokora imitegurire y’ingengabihe y’umwaka utaha, nk’uko byasobanuwe na Adam Silver mu kiganiro yatanze mu nama ya ‘CNBC Sport and Boardroom Game Plan Summit 2026’

Yagize ati “Tugomba gusoza imitegurire y’ingengabihe, ariko tutabangamiwe n’aho LeBron azakina kuko hagira uruhare mu gutegura gahunda z’umwaka utaha. Harimo gutegura icyumweru cya mbere imikino yo kuri Noheli n’ibindi. Rero ndashaka ko afata umwanzuro.”

Biravugwa ko uyu mukinnyi w’imyaka 41 ashobora gusanga umunyabigwi mugenzi we, Stephen Curry, muri Golden State Warriors, cyangwa agasubira muri Cleveland Cavaliers yatangiriyemo.

LeBron James umaze imyaka 23 akina muri NBA, yabaye umukinnyi mwiza w’umwaka muri NBA inshuro enye. Byibuze mu mwaka ushize, yashoboye gutsinda amanota 23 ​ku mukino, atanga imipira irindwi ivamo ibindi, ndetse yanakora rebound esheshatu.

Mu mateka ye yabaye mu ikipe nziza y’umwaka inshuro 22, yegukana NBA inshuro enye. Ni na we uyoboye abandi gutsinda amanota menshi muri iyo shampiyona. Mu mikino 1622 yakinnye yatsinze amanota 43.440.

Yakiniye Miami Heat na Cleveland Cavaliers mbere y’uko ajya muri LA Lakers aheruka gutandukana na yo.

Komiseri Mukuru wa NBA, Adam Silver, yavuze ko gutinda gufata umwanzuro kwa LeBron James ari ko kuri gutinza ingengabihe y'umwaka utaha
LeBron James ntarahitamo ikipe azakinira muri NBA mu 2026/27
LeBron James yatandukanye na LA Lakers yamazemo imyaka umunani

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages