00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

REG WBBC yisanze mu itsinda rikomeye mu Mikino Nyafurika

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 December 2025 saa 10:59
Yasuwe :

REG WBBC na APR WBBC zihagarariye u Rwanda n’Akarere ka Gatanu mu Mikino Nyafurika ya ‘Women Basketball League Africa’ izabera i Cairo mu Misiri tariki 4 kugeza 14 Ukuboza 2025.

REG WBBC yisanze mu Itsinda A rimwe na Al Ahly yo mu Misiri, Sporting Club yo muri Angola na Friend’s Basketball Association yo muri Côte d’Ivoire.

APR WBBC iri mu Itsinda C hamwe na C.N.S.S yo muri Congo Brazzaville, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal na Brave Hearts Basketball.

Ni mu gihe Itsinda B ririmo Ferroviario Maputo yo muri Mozambique, FAP yo muri Cameroun, KPA yo muri Kenya na First Bank yo muri Nigeria.

Amakipe y’u Rwanda azakina umukino wa mbere ku wa Gatandatu, tariki 6 Ukuboza 2025, aho APR WBBC izakina na ASC Ville de Dakar, mu gihe REG WBBC izakina na Sporting Club.

Mu irushanwa riheruka, APR WBBC yegukanye umwanya wa gatatu, mu gihe REG WBBC yagarukiye muri ¼.

APR WBBC yisanze itsinda rikinika
REG WBBC yahize kwitwara neza bitandukanye n'umwaka ushize
APR WBBC yegukanye umwanya wa gatatu mu irushanwa riheruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages