00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tigers BBC ikomeje kwiyubaka yaguze Anthony Tarke

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 27 January 2026 saa 12:10
Yasuwe :

Tigers BBC ikomeje kwiyubaka bikomeye yaguze Umunyamerika Anthony Tarke wakinaga muri Long Island Nets yo muri NBA G League.

Uyu mukinnyi w’imyaka 29 afite ubunararibonye kuko yanyuze mu makipe menshi muri iyi shampiyona ishinzwe kuzamura impano z’abakinnyi nka Motor City Cruise, Santa Cruz Warriors, Maine Celtics na Rayos de Hernosillo na Freseros de Irapuato zo muri Mexique.

Anthony yabaye undi mukinnyi wekereje muri Tigers BBC nyuma y’abandi yaguze nka Antino Jackson, Hagumintwari Steven, Nyamwasa Bruno, Shyaka Olivier n’Umunya-Kenya, Alberto Odero.

Ni mu gihe yongereye amasezerano ab’inkingi za mwamba nka Pitchou Manga, Irutingabo Fiston, Ishimwe Lars na Ikishatse Herve.

Ntabwo ari abakinnyi gusa kuko yanagize Kenneth Gasana umutoza wungirije Henry Mwinuka usanzwe ari umutoza mukuru.

Muri shampiyona iheruka,Tigers BBC yasoje ku mwanya wa gatanu, mu gihe yegukanye Rwanda Cup 2025.

Shampiyona ya 2026 izatangira tariki ya 8 Gashyantare 2026, aho umukino wa mbere Tigers izakina na Kepler BBC tariki ya 11 Gashyantare muri Petit Stade.

Anthony Tarke yitezweho kuzafasha Tigers BBC
Anthony Tarke azwiho gutsinda amanota atatu cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages