00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burundi bwasohoye impapuro zo guta muri yombi Pierre Buyoya wabaye perezida

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 1 December 2018 saa 09:26
Yasuwe :

Leta y’u Burundi kuri uyu wa Gatanu yatangaje ko yasohoye impapuro zo guta muri yombi Pierre Buyoya wahoze ari Perezida hamwe n’abandi 16 bari abayobozi bukuru, bashinjwa uruhare mu rupfu rwa Melchior Ndadaye mu 1993, nawe wayoboye icyo gihugu.

Intumwa Nkuru ya Leta y’u Burundi, Nyandwi Sylvestre yavuze ko iperereza ryakozwe n’Ubushinjacyaha ryagaragaje ko aba bantu 17 bayobowe na Buyoya bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Ndadaye wari umaze amezi ane atorewe kuba Perezida.

Yagize ati “Iperereza ryagaragaje ko abo bantu bagize uruhare muri iki cyaha, mu gucura umugambi, kuwunoza no kuwushyira mu bikorwa.”

Ni ubwicanyi bwakurikiye n’imvururu zaguyemo abantu benshi hashingiwe ku moko, bwahitanye abasaga 300,000.

Muri aba bayobozi harimo 11 bahoze ari abasirikare bakuru n’abandi basivili batanu bahoze ari inshuti za hafi za Perezida Buyoya.

U Burundi bwasabye ibihugu bitandukanye aho abo bantu baherereye ko byafasha mu kubata muri yombi.

Kuri ubu Buyoya ahagarariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Mali akaba ari n’umwe mu banyacyubahiro bari kuri uyu mugabane wa Afurika no hanze yaho.

Buyoya wageze ku butegetsi muri 1987, abifashijwemo n’igisirikare. Yavuye kuri uyu mwanya binyuze mu matora aho yatsinzwe na Ndadaye muri 1993.

Ndadaye yaje kwicwa ku wa 21 Ukwakira 1993, aho bivugwa ko yishwe n’igisirikare bo ku ruhande rwa Buyoya.

Ubu iki gihugu kiyobowe n’ishyaka CNDD-FDD rirangajwe imbere na Perezida Pierre Nkurunziza.

Pierre Buyoya yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages