00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunya-Mali na Shema Osborn bongewe muri RSSB Tigers yitegura imikino ya nyuma ya BAL 2026

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 May 2026 saa 04:59
Yasuwe :

Umunya-Mali, Oumar Ballo na Shema Osborn bongewe muri RSSB Tigers yitegura imikino ya nyuma ya BAL 2026 iteganyijwe tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026 muri BK Arena.

Ballo w’imyaka 23 asanzwe akina muri Pallacanestro Cantù yo mu Butaliyani akaba n’umwe mu bakinnyi batanga icyizere muri Afurika, aho ari mu bigaragaje cyane mu Gikombe cya Afurika cya 2025.

Shema Osborn yongewe muri iyi kipe asimbuye Furaha Cadeau de Dieu.

Kuri iyi nshuro, imikino ya nyuma ya BAL yakozweho impinduka, aho nta mikino yo gutondeka amakipe izabaho ahubwo iya mbere izakina n’iya munani, iya kabiri n’iya karindwi, iya gatatu n’iya gatandatu gutyo gutyo.

Muri ¼ Petro de Luanda izakina na Dar City, Al Ahly ikine na Ville de Dakar, RSSB Tigers ikine na FUS Rabat, mu gihe Club Africain izakina na Al Ahly Ly.

Aya makipe azakina imikino ibiri nyuma hazabarwe iyatsinze indi muri iyo mikino ubundi ikomeze muri ½.

Muri ½ kandi ikipe izava hagati ya Petro de Luanda na Dar City izakina n’izava hagati ya Club Africain na Al Ahly yo muri Libya.

Ni mu gihe izava hagati ya Al Ahly na Ville de Dakar, izahura n’izava hagati ya RSSB Tigers na FUS Rabat.

Mu mwaka ushize, iri rushanwa ryegukanywe na Al Ahly Tripoli yo muri Libya, mu gihe APR BBC yari ihagarariye u Rwanda yabaye iya gatatu.

Oumar Ballo yitezweho gufasha Tigers mu Mikino ya Nyuma ya BAL 2026
Ballo ni umwe mu bakinnyi bakomeye ku Mugabane wa Afurika
Shema Osborn yongewe muri Tigers

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages