Ibitego bya Ahmed Elmohamady na Mohamed Salah ni byo byafashije iyi kipe iri mu rugo gukomeza kwigwizaho amanota yose imaze gukinira mu itsinda rya mbere dore ko yari yatangiye itsinda Zimbabwe ku wa Gatanu.
Nigeria ni cyo gihugu cyabimburiye ibindi kugera muri 1/8 nyuma yo gutsinda Guinée igitego 1-0 mu mukino wabaye saa 16:30. Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri mu nzira zigana hanze y’irushanwa hakiri kare dore ko yatsinzwe umukino wa kabiri yikurikiranya nyuma yo gutsindwa na Uganda ku wa Gatandatu.
Misiri yatangiye isatira Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ibona uburyo bwiza bwa Mohamed Salah wateye ishoti rikomeye, rikorwaho na kapiteni wa Congo, Tisserand, umupira ujya muri koruneri. Marcel Tisserand yashoboraga gutsindira Congo ku munota wa 10, umupira wari uvuye muri koruneri awukojejeho ikirenge ufata umutambiko w’izamu.
Misiri yafunguye amazamu ku munota wa 24, ku gitego cyatsinzwe Elmohmady nyuma y’uko ubwugarizi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bunaniwe gukuraho umupira wari uhinduwe na Mohamed Salah.
Abanye-Congo bakinanaga ishyaka ryinshi muri uyu mukino babonye uburyo bukomeye bwo gufungura amazamu, imipira ibiri igarurwa n’ipoto y’izamu irimo uwatewe na Jonathan Bolingi Mpangi wari wamaze kuroba umunyezamu Mohamed Elshenawy.
Ku munota wa 30, Salah yateye undi mupira ukomeye ukurwamo na Ley Matampi wirambuye awukozaho ikiganza mu gihe ku munota wa 43, yatsindiye Misiri igitego cya kabiri na bwo ahindukije uyu munyezamu ku ishoti rikomeye yatereye ku murongo w’urubuga rw’amahina.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakinnye neza mu gice cya kabiri, ishaka uburyo yishyura ibitego yatsinzwe ariko uburyo bwabonywe na Cédric Bakambu na Yannick Bolasie ntibwagira icyo butanga.
Umutoza wayo, Florent Ibenge, yavuze ko akurikije uko ikipe ye yakinnye, itari ikwiye gutsindwa.
Ati” Ntabwo twari dukwiye gutsindwa. Twakinnye nabi ku mukino wa Uganda, ariko kuri iyi nshuro twakinnye umukino mwiza na Misiri. Nakwihanganisha abakinnyi kuko batanze ibyo bafite uyu munsi imbere y’ikipe ikomeye ya Misiri. Tuzahatana mu mukino utaha tuzahuramo na Zimbabwe turebe ko tubona amanota atatu. Salah na Trezeguet ni abakinnyi b’abahanga kandi bakora ikinyuranyo kuri Misiri.”
Undi mukino wo muri itsinda wabanje, Uganda yanganyije na Zimbabwe igitego 1-1, yiyongerera amahirwe yo gukomeza muri 1/8. Emmanuel Okwi yatsindiye Uganda ku munota wa 12, Khama Biliat yishyura ku wa 40.
Misiri ya mbere n’amanota atandatu izasoza imikino yo mu itsinda ihura na Uganda ya kabiri n’amanota ane mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izahura na Zimbabwe hasozwa imikino yo mu Itsinda A ku Cyumweru tariki ya 30 Kamena.
Kuri uyu wa Kane hateganyijwe imikino itatu, aho Madagascar ikina n’u Burundi saa 16:30 mu mukino wo mu itsinda B mu gihe Sénégal ihura na Algérie saa 19:00 naho Kenya ikisobanura na Tanzania saa 22:00 mu mikino ibiri yo mu itsinda C.



















TANGA IGITEKEREZO