Kuri iki Cyumweru, hasojwe imikino yo mu matsinda abiri abanza, imikino yo mu itsinda rimwe igakinirwa rimwe kugira ngo hirindwe uburiganya.
Misiri yakiriye iri rushanwa, yasoje imikino yayo iyoboye itsinda A ifite amanota yose kuko yatsinze Uganda ibitego 2-0 mu mukino wahuje amakipe yombi kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo.
Mohamed Salah na Ahmed Elmohamedy batsinze ibi bitego byombi mu minota 10 ya nyuma y’igice cya mbere cy’umukino, bafasha ikipe yabo kurenga itsinda idatsikiye mu gihe na Uganda yabonye itike ya 1/8 kuko yasoje ifite amanota ane ku mwanya wa kabiri.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatsinzwe imikino ibiri ibanza yahuyemo na Uganda na Misiri, yihimuye kuri Zimbabwe, iyinyagira ibitego 4-0, byayihaye kubona umwanya wa gatatu inakuramo umwenda w’ibitego bine yari ifite, aho na yo iri mu makipe atandatu yabaye aya gatatu azatoranywamo ane yitwaye neza kurusha ayandi.
Jonathan Bolingi, Cédric Bakambu watsinze ibitego bibiri harimo n’icya penaliti ndetse na Britt Assombalonga ni bo batsindiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri uyu mukino usoza itsinda A. Zimbabwe yasezerewe ifite inota rimwe yakuye kuri Uganda ku mukino wa kabiri.
Mu itsinda B, u Burundi bwasezerewe
Imikino isoza itsinda B yabanjirije iyo mu itsinda A, yasize u Burundi busezerewe nta mukino butsinze, ni nyuma y’uko butsinzwe na Guinée ibitego 2-0 kuri iki Cyumweru ndetse buhabwa ikarita itukura kuri Christophe Nduwarugira wayihawe hakiri kare, ku munota wa 12.
Guinée yakinnye uyu mukino idafite Naby Keïta wavunitse, yatsindiwe na Mohamed Yattara ku munota wa 25 n’uwa 52, igira amanota ane ku mwanya wa gatatu ndetse ifite amahirwe menshi yo gutoranywa mu makipe yitwaye neza.
Iri tsinda ryayobowe na Madagascar yitabiriye iri rushanwa bwa mbere, ni nyuma yo gutungurana itsinda Nigeria ibitego 2-0 bya Lalaina Nomenjanahary ku munota wa 13 na Carolus Andriamahitsinoro ku wa 53.
Madagascar yagize amanota arindwi ku mwanya wa mbere, izamukana na Nigeria yari yarabonye itike ubwo yatsindaga imikino ibiri ibanza yo muri iri tsinda rya kabiri.
Kuri uyu wa Mbere harasozwa imikino yo mu itsinda C na D, aho Kenya ya gatatu n’amanota atatu irakina na Sénégal ya kabiri banganya amanota naho Tanzania ya nyuma mu itsinda C itarabona inota na rimwe, ihure na Algérie ya mbere n’amanota atandatu, yo yamaze no kubona itike ya 1/8. Imikino yombi iratangira saa 21:00.
Mu itsinda D, Namibie ya nyuma n’amanota 0 irakina na Côte d’Ivoire ya kabiri n’amanota atatu mu gihe Afurika y’Epfo ya gatatu n’amanota atatu ihura na Maroc ya mbere n’amanota atandatu, na yo yamaze kubona itike ya 1/8. Imikino yombi iratangira saa 18:00.



















TANGA IGITEKEREZO