Umuganga w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, William Ngathcou, yemeje ko Diederrick Joël Tagueu w’imyaka 26 kuri uyu wa Mbere yagaragayeho uburwayi bw’umutima bushobora kumugiraho ingaruka zitari nziza akomeje gukina.
Uyu mukinnyi ukinira Maritimo FC mu cyiciro cya mbere muri Portugal, yari mu bakinnyi umutoza Clarence Seedorf yari yahisemo kwitabaza muri iki gikombe cya Afurika kiri kuba ku nshuro ya 32, ariko kugira ngo akinire igihugu cye bwa mbere mu irushanwa rikomeye nk’iri, azategereza ubutaha.
Diederrick Joël Tagueu ukomoka mu gace ka Nkongsamba, yatsinze ibitego birindwi mu mikino yakiniye Maritimo muri uyu mwakaw’imikino, ariko amakuru yatanzwe n’abaganga ba Cameroun, avuga ko afite ikibazo cy’uburwayi bw’umutima bushobora kugira ingaruka ku buzima bwe, aho bwa mbere bwari bwamugaragayeho bari kwitegura iri rushanwa muri Qatar.
Cameroun yamenyesheje Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika, CAF, uburwayi bw’uyu mukinnyi na gahunda yo kumusimbuza bitarenze mu masaha 24 mbere y’umukino iki gihugu kizahuramo na Guinée Bissau kuri uyu wa Kabiri mu Mujyi wa Ismaila.
Iki gihugu gifite igikombe cya Afurika giheruka, kizakina uyu mukino kidafite kandi myugariro w’iburyo, Fai Collins Ngoran kubera amakarita abiri y’umuhondo yabonye mu mikino yo gushaka itike y’iri rushanwa ryatangiye ku wa Gatanu.



















TANGA IGITEKEREZO