Uburyo bwa mbere bukomeye bwabonetse muri uyu mukino ni ubwo ku munota wa 15 bwabonywe n’ikipe y’u Bufaransa, aho Paul Pogba yacomekeye umupira Kylian Mbappé washatse kuroba umunyezamu Rui Patricio awukuramo.
Ku munota wa 27, Portugal yabonye umupira uteretse ku ikosa N’Golo Kanté yakoreye kuri Renato Sanchez, rihanwa na João Moutinho.
Ubwo uyu mupira washyirwagaho umutwe na Danilo Pereira, yakubiswe igipfunsi n’umunyezamu Hugo Lloris, umusifuzi w’Umunya-Espagne, Antonio Mateu Lahoz, atanga penaliti yinjijwe neza na Cristiano Ronaldo ku munota wa 30.
Mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, Karim Benzema yishyuriye u Bufaransa kuri penaliti yatanzwe nyuma y’uko Nelson Semedo yagushije Kylian Mbappé mu rubuga rw’amahina.
Benzema waherukaga gutsindira u Bufaransa mu 2015, yinjije igitego cya kabiri nyuma y’iminota ibiri amakipe yombi avuye kuruhuka, ku mupira yacomekewe na Paul Pogba, aroba umunyezamu Patricio. Umusifuzi wo ku ruhande yabanje kwanga iki gitego avuga ko habayeho kurarira, ariko ikoranabuhanga ry’amashusho ryifashishwa mu misifurire [VAR] riracyemeza.
Ku munota wa 58, Cristiano Ronaldo yinjiranye umupira mu rubuga rw’amahina, awuhinduye mu izamu ukorwa na Jules Koundé n’ukuboko, hatangwa penaliti yinjijwe n’uyu Kapiteni wa Portugal.
Iki gitego cya kabiri Ronaldo yatsinze muri uyu mukino, ni icya gatanu mu irushanwa ry’uyu mwaka mu gihe ari icya 14 yatsinze mu mateka y’Igikombe cy’u Burayi kuva atangiye kugikina mu 2004.
Ibitego byombi byamufashije kandi kugera ku gahigo k’Umunya-Iran, Ali Daei, watsindiye igihugu cye ibitego 109 mu mikino mpuzamahanga.
Umunyezamu Rui Patricio yarokoye Portugal ubugira kabiri ku mipira ikurikiranye yatewe na Paul Pogba awukuyemo usanga Antoine Griezmann na we wawusonze ariko awutera ibipfunsi, ayifasha kubona inota ryari rikenewe ngo ikomeze.
Kunganya uyu mukino byatumye u Bufaransa buzamuka buyoboye Itsinda F n’amanota atanu mu gihe Portugal yabaye iya gatatu n’amanota ane.
U Budage bwabaye ubwa kabiri n’amanota ane nyuma yo kunganya bigoranye na Hongrie ibitego 2-2 mu mukino wabereye i Munich.
Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatatu, mu Itsinda E, Espagne yanyagiye Slovakia ibitego 5-0, izamuka ari iya kabiri n’amanota atanu.
Suède yayoboye iri tsinda n’amanota arindwi nyuma yo gutsinda Pologne ibitego 3-2.
Uko amakipe azahura muri 1/8
Ku wa Gatandatu tariki ya 26 Kamena 2021
- Pays de Galles vs Denmark (18:00)
- U Butaliyani vs Autriche (21:00)
Ku Cyumweru tariki ya 27 Kamena 2021
- U Buholandi vs Repubulika ya Tchèque (18:00)
- U Bubiligi vs Portugal (21:00)
Ku wa Mbere tariki ya 28 Kamena 2021
- Croatia vs Espagne (18:00)
- U Bufaransa vs u Busuwisi (21:00)
Ku wa Kabiri tariki ya 29 Kamena 2021
- U Bwongereza vs u Budage (18:00)
- Suède vs Ukraine (21:00)



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!