Dr Adel Zrane wari umaze amezi icyenda muri APR FC, yitabye Imana ku wa Kabiri, tariki ya 2 Mata, azize urupfu rutunguranye.
UKO UMUHANGO WAGENZE
– 19:17 Dr Adel Zrane yasezeweho bwa nyuma mu Rwanda.
Abagize umuryango wa Adel Zrane, ubuyobozi bwa APR FC n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, ni bo babanjirije abandi gusezera kuri uyu wari Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi b’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.
Umurambo w’uyu Munya-Tunisie ugiye kujyanwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, woherezwe iwabo aho azashyingurwa.
19:12 Abafana ba APR FC n’ubuyobozi bw’Ikipe bashyikirije impano umuryango wa Dr Adel Zrane uhagararariwe n’umugore we, Maha Baer na murumuna we, Amin Zrane.
– 19:06 Umunyamabanga Uhoraho muri Minisports, Niyonkuru Zephanie, yavuze ko iki cyumweru cyaranzwe n’ibihe bigoye kwakira muri siporo y’u Rwanda.
Ati "Iki cyabaye icyumweru kigoye mu mikino yacu. Ejo twapfushije undi mukinnyi [w’amagare]. Turabihanganisha mu izina rya Minisiteri [ya Siporo] na Leta y’u Rwanda. Kuri Chairman wa APR, twababwira ngo mwihangane, uburyo mwabyitwayemo ni bwo Bunyarwanda."
18:57: Chairman wa APR FC, Col Karasira Richard, ni we ufite ijambo.
Yavuze mu izina ry’ubuyobozi bwa APR FC n’ubw’Ingabo z’Igihugu.
Ati "[Dr Zrane] yari umutoza utuma ikipe yacu imera neza. Yari inshuti ya bose nk’uko mwabyumvise. Reka tumwifurize kujya aheza."
"Yitabye Imana ku mpamvu z’uburwayi butunguranye, yari umusore ariko umutima wagize gutya urahagarara. Twari tumaranye na we iminsi, kubyakira byaragoranye."
"Twari dufitanye imishinga, umugore we ni ’Senior therapist’ naho murumuna we ni muri urwo rwego. Hari ibyo twashakaga kuzakorana kuko ni ibintu ubona bitaba inaha."
18:50: Umugore wa nyakwigendera, Maha Bader, yavuze ko u Rwanda hari mu rugo habo ha kabiri.
Yashimiye umugabo we, avuga ko azita ku muhungu wabo w’imyaka ibiri ndetse n’undi uri mu nzira (atwite).
18:47: Murumuna wa Adel Zrane, Amin Zrane, yahawe ijambo ngo agire icyo avuga kuri nyakwigendera.
Mu gahinda kenshi, Amin yavuze ko umuvandimwe yakundaga u Rwanda kuko ari ho yapfiriye mu gihe yabaye mu bindi bihugu nka Jordanie, Arabie Saoudite, Mauritanie na Tanzania.
Yashimiye ubuyobozi bwa APR FC n’u Rwanda uburyo bwakiriye Dr Adel Zrane.
Uko APR FC yamenye iby’urupfu rwa Zrane
Team Manager wa APR FC, Rtd Capt Ntazinda Eric, yavuze ko ku wa Kabiri, tariki ya 2 Mata, yari afitanye gahunda na nyakwigendera kugira ngo bajyanye i Shyorongi n’amaguru.
Yamuhamagaye saa Tanu n’iminota 20, inshuro ebyiri, ntiyitaba.
Nyuma y’iminota 10 ni bwo yahamagawe n’umushoferi we, abwira uyu Team Manager ko yamubuze kuri phone, binjiye mu iwe basanga yamaze gushiramo umwuka.
Kugeza, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruracyakora iperereza ku cyateye urupfu rwa nyakwigendera.
– 18:18: Hari kwerekanwa amashusho y’incamake ku buzima bwa Adel Zrane
Abakinnyi ba APR FC batandukanye barimo Kapiteni, Niyomugabo Claude, Rwabuhihi na Apam Bemol bavuze uburyo bari babanye n’uyu mutoza w’Umunya-Tunisia, aho benshi muri bo yabagiraga inama y’uko bakora cyane bakazamura urwego.
Team Manager w’iyi Kipe, Rtd Capt Ntazinda Eric, yagize ati "Yari afite umutima wa kimuntu, yari afite umutima w’urukundo. Kuri iyi Si, ndemeza ko yakundwaga n’abantu benshi."
Yongeyeho ko Ikipe ya Simba SC yanyuzemo, yongeye kumwifuza ngo imukubire gatatu umushahara, biba ari na ko bigenda ku Ikipe y’Igihugu ya Tunisia, ariko byose yarabyirengagije, avuga ko "yakunze u Rwanda."
Umufana wa APR FC, Munyaneza Jacques ’Rujugiro’, ati "Kubyakira byarangoye, yanyitaga Weko Weko [kubera video y’indirimbo twabyinanye], yaba ari muri stade akampepera. Yari umuntu udasanzwe."
18:16 Shaiboub Ali ahawe umwanya wo kugira icyo avuga
Umwe mu bakinnyi ba APR FC akaba n’umwe mu bakapiteni bayo, Shaiboub Ali, yahawe umwanya ngo agire icyo avuga ku buryo bari babanye na Dr Zrane Adel.
Mbere yo kumusengera, Shaiboub yagize ati "Twari inshuti, ntabwo yari umutoza gusa, ahubwo yari n’umuvandimwe."
18:10: Sheikh Mubarakh Nsabimana ayoboye amasengesho yo gusezera bwa nyuma ku murambo wa Dr Adel Zrane.
– 18:06: Umurambo wa Dr Adel Zrane ugejejwe ahagiye kubera umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma.
Abakinnyi ba APR FC barimo Niyibizi Ramadhan, Shaiboub n’Umutoza Ndanda bari mu bateruye isanduku irimo umurambo.
– Amafoto: Ubwo abakinnyi ba APR FC bari i Rwampara ahatunganyirijwe umurambo wa Adel Zrane
– LIVE: Reba uko umuhango uri kugenda mu mashusho
– 17:53 Minisiteri ya Siporo na yo irahagarariwe.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, ageze ku cyicaro cya APR FC ahari kubera umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri Dr Adel Zrane.
– 17:38: Umurambo wa Dr Adel Zrane umaze gutunganywa neza no kozwa nk’uko bigenda mu mihango ya Kisilamu. Abawuherekeje bagiye guhaguruka bagana ku Kimihurura, ku cyicaro cya APR FC, aho ari busezerweho bwa nyuma.
17:32 Abayobozi n’abakinnyi ba APR FC bari i Rwampara ahari gutunganyirizwa umurambo
– 17:30: Aba-sportifs batandukanye bitabiriye uyu muhango
Abarimo Umutoza wa Mukura VS, Afahamia Lofti, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Mukura VS, Musoni Protais n’uwigeze kuba Chairman wa Police FC, Rtd ACP Rangira Bosco bari mu bitabiriye uyu muhango wo gusezera bwa nyuma ku Mutoza Adel Zrane.
16:50: Abakinnyi barimo Niyibizi Ramadhan na Shiboub Ali bari mu baherekeje umurambo Dr Adel Zrane aho ugiye gutunganyirizwa.
16:45 Umurambo wa Dr Zrane wajyanywe ku Musigiti wa Rwampara
Nyuma yo kuwufata ku Bitaro bya Kacyiru, umurambo w’umutoza Dr Adel Zrane wajyanywe ku Musigiti wa Rwampara aho utunganyirizwa mbere yo gusezerwaho bwa nyuma.
Ubwo abakinnyi n’abayobozi ba APR FC bajyaga gufata umurambo wa Dr Adel Zrane ku Bitaro bya Kacyiru
Ibyo wakwifuza kumenya muri aka kanya
Dr Adel Zrane yitabye Imana aguye mu rugo iwe mu rugo ku wa Kabiri, tariki ya 2 Mata 2024.
Amakuru IGIHE ifite ni uko urupfu rwe rwamenyakanye ubwo bajyaga kumufata ngo bajye ku myitozo ariko ntibamubone, bikaba ngombwa ko binjira aho yabaga bagasanga yitabye Imana.
Umurambo we wahise ujyanwa ku Bitaro Kacyiru ngo hamenyekane icyamwishe aho kugeza ubu Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaho (RIB) rugikora iperereza ku cyahitanye uyu mutoza.
Uko gahunda yo guherekeza bwa nyuma uyu mutoza iteye
Ku mbuga nkoranyambaga kari agahinda kubera umutoza wa APR FC witabye Imana mu buryo butunguranye
Nyuma y’urupfu rwa Dr Adel Zrane, Minisiteri ya Siporo, Ferwafa na menshi mu makipe yo mu Rwanda yifatanyije na APR FC mu gahinda ko guherekeza umutoza wabo. Iyi kipe yanashyize hanze bimwe mu bihe uyu mutoza yagiranye n’abayigize ubwo yari akiri muzima.
This cut us deep🕊💔#RIPAdel pic.twitter.com/dgQnD6wELg
— APR F.C. Official (@aprfcofficial) April 3, 2024
Our heartfelt condolences go out to the family of Dr. Adel Zirane, @aprfcofficial, and all football fans as we mourn his loss. May his soul rest in Peace. https://t.co/avbeClqGCX
— Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) April 2, 2024
Umuryango wa @Bugesera_fc wihanganishije Umuryango mugari wa @aprfcofficial kubw'ibyago byo kubura umutoza wayo wongera imbaraga Dr Adel Zrane
Uruhukire mu mahoro Dr Adel Zrane. pic.twitter.com/fzNdM8teNq
— Bugesera Football Club (@Bugesera_fc) April 3, 2024
Umuryango w'Amagaju FC, wifatanyije na @aprfcofficial mu kababaro k’urupfu rw’uwari umutoza wayo Dr. Adel Zrane wongereraga imbaraga abakinnyi.
Imana imwakire mu bayo. pic.twitter.com/HI6oMD1bu1— AMAGAJU FC (@AmagajuL) April 3, 2024
Our heartfelt condolences go out to the family of @aprfcofficial ,Dr. Adel Zirane . may his Soul Rest In Peace.#RIPZRANE https://t.co/BmNVztUBvd
— Police Football club (@Policefc_Rwanda) April 3, 2024
Our heartfelt condolences go out to the family of Dr. Adel Zirane, @aprfcofficial, and all football fans as we mourn his loss. May his soul rest in Peace. pic.twitter.com/3fOGikRMU7
— Mukura Victory Sports et Loisirs (@MukuraVS) April 3, 2024
Amafoto: Habyarimana Raoul na Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!