Ni igikorwa cyitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abashyikirijwe ibihembo kuri uyu mugoroba, abayobozi b’inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’umupira w’amaguru mu Rwanda ndetse n’abafatanyabikorwa.
Ibyiciro birindwi byahembwe ni Umukinnyi w’Umwaka, Umutoza w’Umwaka, Umukinnyi Muto wahize abandi, uwatsinze ibitego byinshi, Umunyezamu w’umwaka, igitego cy’umwaka ndetse n’ikipe y’abakinnyi 11 beza b’Umwaka w’Imikino wa 2024-2025.
Muri buri cyiciro, hari habanje gutoranywa abahataniye igihembo benshi, nyuma hakorwa itora ry’akanama k’abantu 10 barimo abanyamakuru ba siporo, abahagarariye Ishyirahamwe ry’Abatoza mu Rwanda n’iry’Abakiniye Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ [FAPA].
Habayeho kandi n’itora ry’abafana kuri internet.
Amajwi y’akanama kihariye kashyizweho yari afite agaciro ka 50%, itora ry’abafana rifite 20% mu gihe iry’abo mu makipe ryari rifite 30%.
Abakandida batatu ba nyuma muri buri cyiciro batangajwe habura umunsi umwe, ni bo bavuyemo abegukanye igihembo.
UKO IGIKORWA CYAGENZE:
– 20:16: Umukinnyi w’umwaka ni Niyigena Clément wa APR FC
Myugariro waje yambaye umwambaro w’Amavubi kuko ari mu mwiherero ndetse yitegura kujya muri Algeria, yashyikiriwe igihembo n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis.
Yagize ati "Gutwara igihembo ni igiciro cy’ibyo wakoze. Ni ikimenyetso kinyereka ko ngomba gukomeza gukora cyane, ko n’ibindi bishoboka."
Niyigena yakinnye imikino 28, atsinda ibitego bibiri birimo icyari gihatanye mu bitego by’umwaka.
Yahigitse Umar Abba wa Bugesera FC na Djibril Ouattara bakinana muri APR FC.
– Amafoto y’abitabiriye ibirori:
20:08: Umutoza w’Umwaka ni Darko Nović watozaga APR FC.
Uyu Munya-Serbia utakiri mu Rwanda nyuma yo gutandukana n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, yagiye amaze gutoza imikino 27, atsindamo 17 mu gihe yanganyije irindwi, agatsindwa itatu.
Yegukanye igihembo ahigitse Robertinho wa Rayon Sports na Mbarushimana Shabani wa AS Kigali.
20:03: Ikipe y’umwaka wa 2024/25:
Umunyezamu: Nicolas Sebwato (Mukura VS)
Ba myugariro: Uwumukiza Obed (Mukura VS), Niyomugabo Claude (APR FC), Niyigena Clement (APR FC), Youssou Diagne (Rayon Sports).
Abakina hagati: Henri Msanga (Police FC), Ruboneka Bosco (APR FC) na Boateng Mensah (Mukura VS).
Ba rutahizamu: Fall Ngagne (Rayon Sports), Djibril Ouattara (APR FC) na Umar Abba (Bugesera FC).
20:00: Rutahizamu w’Umwaka ni Umunya-Nigeria, Umar Abba, ukinira Bugesera FC aho yinjije ibitego 17.
19:55: Umunyezamu w’Umwaka yabaye Sebwato Nicolas wa Mukura Victory Sport aho yahigitse Pavelh Ndzila wa APR FC na Khadime Ndiaye wa Rayon Sports.
Uyu munyezamu yagize imikino 14 atinjijwemo igitego mu gihe yatanze imipira ibiri yavuyemo ibitego kuri bagenzi be.
Sebwato yahembwe na Murangwa Eugene Eric wabaye Umunyezamu wa Rayon Sports n’Amavubi ndetse ni we uyobora Ishyirahamwe ry’Abakiniye Ikipe y’Igihugu [FAPA].
19:50: Umukinnyi Muto w’Umwaka yabaye Useni Seraphin w’Amagaju FC aho yahigitse Adama Bagayogo wa Rayon Sports na Mutunzi Darcy wa Kiyovu Sports.
Useni washyikirijwe igihembo na Niyonzima Haruna, yakinnye imikino 25 atsinda ibitego 11 ndetse atanga imipira umunani yavuyemo ibindi bitego kuri bagenzi be.
19:45: Igitego cy’umwaka ni icyo Biramahire Abeddy wa Rayon Sports yatsinze Muhazi United.
Igihembo cyatanzwe n’Umutoza w’Amavubi y’Abagore, Cassa Mbungo, cyakiriwe n’umugore wa Abeddy kuko uyu mukinnyi we yahamagawe mu Amavubi akaba yamaze kujya muri Algeria.
Cyahigitse icyo Niyigena Clément yatsinze Mukura VS n’icyo Kwitonda Alain Bacca yatsinze Mukura VS.
19:40 Chairman wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Hadji Yussuf, yahaye ikaze abitabiriye ibi birori barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis.
Yasabye ko igikorwa kiza kwihuta kugira ngo abakinnyi b’Amavubi bafite urugendo saa Tanu z’ijoro, aho bagomba kwerekeza muri Algeria, bataza gukererwa.
– Itorero Indinzi Cultural Troupe risusurutsa abitabiriye ibi birori:
– Ubwo abakinnyi barimo bahataniye ibihembo bifotozaga:
19:30: Hari kwerekanwa ibihe by’ingenzi byaranze umwaka w’imikino wa 2024/25 muri Shampiyona y’u Rwanda.
Ni Shampiyona yatangiye muri Kanama, isozwa muri Gicurasi nyuma yo gukina imikino 240.
Amakipe yari 16.
APR FC yegukanye igikombe naho Vision FC na Muhazi United zimanuka mu Cyiciro cya Kabiri.
19:23 Lion Imanzi na Rigoga Ruth ni bo bagiye kuyobora ibirori kuri uyu mugoroba.
19:20: Itorero Indinzi Cultural Troupe riri gususurutsa abitabiriye ibi birori mu mbyino gakondo zitandukanye.
19:10: Ibirori byitabiriwe n’abantu batandukanye.
19:00: Abakinnyi batandukanye bagera ahagiye gutangirwa ibihembo.
18:50: Abahataniye igihembo cy’Umunyezamu Mwiza na bo bahageze.
Ssabwato Nicolas wa Mukura Victory Sport, Pavel Ndzila wa APR FC na Khadime Ndiaye wa Rayon Sports ni bo bahataniye iki gihembo.
18:45: Abakinnyi bahataniye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza ukiri muto bamaze kuhagera.
Adama Bagayogo wa Rayon Sports, Useni Seraphin w’Amagaju FC na Mutunzi Darcy wa Kiyovu Sports ni bo bavamo umukinnyi muto wahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2024/25.
18:30 Umunyamakuru Mugenzi Faustin wa Isibo FM ari mu bayoboye ibirori kuri uyu mugoroba. Yahaye ikaze abitabiriye iki gikorwa, avuga ko kigiye gutangira mu minota mike iri imbere.
18:00: Abayobozi, abatoza, abakinnyi n’abandi bantu batandukanye batumiwe bakomeje kugera muri Kigali Convention Centre ahagiye kubera ibirori byo guhemba abitwaye neza muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2024/25.
Amafoto: Rwanda Premier League



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!