00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports mu biganiro na Rubona Emmanuel watoje APR FC

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 4 January 2024 saa 12:30
Yasuwe :

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro na Rubona Emmanuel watoje APR FC na Intare FC ngo yungirize Umunya-Mauritania Mohamed Wade.

Gikundiro ikomeje gushaka umutoza wungirije, yegereye Hitimana Thierry kuri ubu utoza mu Ishuri rya Ruhago rya Bayern Munich na Lomami Marcel utoza Espoir FC yo mu Cyiciro cya Kabiri, ariko bombi bayitera utwatsi.

Si abo gusa kuko Gikundiro yegereye n’Umurundi Niyonkuru Vladmir utoza Abanyezamu ba Namungo FC, uherutse kubona Licence B ya CAF yo gutoza mu kibuga hagati, ngo yungirize Mohamed Wade, ariko na we arayihakanira.

Amakuru yizewe agera kuri IGIHE yemeza ko ibiganiro byatangiye hagati ya Rubona Emmanuel ndetse n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bwavuganye n’uyu mutoza wifuzwa na Mohamed Wade dore ko avuga indimi zose zikoreshwa mu Rwanda uko ari enye; Ikinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza n’Igiswahili.

Rubona umaze guhura n’ubuyobozi bwa Rayon Sports inshuro ebyiri, ari mu bafite amahirwe menshi yo guhabwa aka kazi kurusha abarimo Banamwana Camarade, Sogonya Hamiss ’Kishi’ na Nshimiyimana Eric wasabye kuba Umutoza Mukuru.

Rubona Emmanuel asanzwe afite Licence B ya CAF yaboneye muri Centrafrique. Yatoje APR FC hagati ya Nzeri 2015 na Werurwe 2016 ubwo yasimburwaga n’Umunya-Tunisia Nizar Khanfir, we agasubira mu bana.

Rayon Sports iri mu biganiro n'Umutoza Rubona Emmanuel watoje APR FC na Intare FC, akaba yifuzwa na Mohamed Wade dore ko avuga indimi enye zikoreshwa cyane mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages