00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagaju FC yabonye abaterankunga bashya

Yanditswe na

Marie Chantal Nyirabera

Kuya 4 February 2013 saa 09:28
Yasuwe :

Amakuru ava mu buyobozi bw’ikipe Amagaju FC ya ruhago yo mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko iyi kipe yabonye abaterankunga bashya ari bo banki na sosiyeti y’ubwishingizi.
Visi Perezida w’iyi kipe Nshimiyimana Jean Pierre, avuga ko Amagaju izajya yamamaza izi sosiyete na zo zikagira amafaranga ziyiha; ngo bikazanafasha Akarere ka Nyamagabe kari gasanzwe kayitaho.
Avuga ko ibi bizatuma ikipe yabo itera imbere, ubu ngo bakaba bararangije kumvikana (…)

Amakuru ava mu buyobozi bw’ikipe Amagaju FC ya ruhago yo mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko iyi kipe yabonye abaterankunga bashya ari bo banki na sosiyeti y’ubwishingizi.

Visi Perezida w’iyi kipe Nshimiyimana Jean Pierre, avuga ko Amagaju izajya yamamaza izi sosiyete na zo zikagira amafaranga ziyiha; ngo bikazanafasha Akarere ka Nyamagabe kari gasanzwe kayitaho.

Avuga ko ibi bizatuma ikipe yabo itera imbere, ubu ngo bakaba bararangije kumvikana ku mikorere igisigaye ari ugusinya amasezerano.

Nshimiyimana avuga ko aba baterankunga bazatangazwa ari uko amasezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa ku mugaragaro.

Iyi kipe y’Amagaju isanzwe ifashwa n’Akarere ka Nyamagabe. Akarere kari karateganyije milyoni ijana zo kuzayifasha mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2012-2013.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages