00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amavubi yareze Botswana gukinisha abakinnyi barengeje imyaka 17

Yanditswe na

Emmanuel Kanamugire

Kuya 24 October 2012 saa 06:04
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagejeje ikirego mu Ishyiramwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika(CAF), rirega Botswana ko yakinishije abakinnyi barengeje imyaka 17 mu irushanwa Amavubi y’u Rwanda aherutse gusezezerwamo n’ikipe ya Bptswana.
Ikinyamakuru The new Times cyatangaje ivuga ko abakinnyi bagera kuri batandatu ba Botswana, ari bo bakinishijwe mu irusharwa ry’abatarengeje imyaka 17 nyamara bayirengeje, mu mukino ikipe y’u Rwanda yatsindiwe kuri penaliti. (…)

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagejeje ikirego mu Ishyiramwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika(CAF), rirega Botswana ko yakinishije abakinnyi barengeje imyaka 17 mu irushanwa Amavubi y’u Rwanda aherutse gusezezerwamo n’ikipe ya Bptswana.

Ikinyamakuru The new Times cyatangaje ivuga ko abakinnyi bagera kuri batandatu ba Botswana, ari bo bakinishijwe mu irusharwa ry’abatarengeje imyaka 17 nyamara bayirengeje, mu mukino ikipe y’u Rwanda yatsindiwe kuri penaliti.

Abo bakinnyi ni Kgosipula Keeagile (no.16), Outlule Wakgotra (no.4), Djisele Lebogang (no.6), Daniel Kedidmetse (no.1), Kebue Thato (no.21) na Patrick Ramatrapeng Thatayaone (no.7).

Umuyobozi wa FERWAFA, Celestin Ntagungira, yemeje ko iki kibazo bamaze kukigeza kuri CAF ngo abe ariyo igifataho imyanzuro.

Ntagungira yemeje ko bamaze kwishyura amadolari 1200 aherekeza ikirego muri CAF, kandi ko bafite ibimenyetso bihagije ko bariya bakinnyi barengeje imyaka 17.

Ntagungira yagize ati “twabonye mbere ko abakinnyi bagera kuri batandatu barengeje imyaka mbere y’umukino, twabibwiye abasifuzi ariko abakinnyi barakinnye. Dutegereje umwanzuro wa CAF”.

Mu mukino ubanza muri Botswana Amavubi yahatsindiwe igitego kimwe ku busa, mu mukino wo kwishyura Amavubi yishyuye icyo gitego asezererwa kuri penaliti 6 kuri 5.

Aya makipe arahatanira kujya mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu cy’abatarengeje imyaka 17 kizabera muri Maroc mu 2013.

Ibiregwa Botswana biyihamye yahanishwa kuvanwa mu irushanwa hagakomeza Amavubi. Izakomeza muri zombi irasabwa gutsinda umukino n’izatsinda hagati ya Algeria na Sudan.

Sudan iyi ikaba yarakomeje n’ubwo yari yatsinzwe na Somalia imikino yombi, ariko bakaza gusanga Somalia yarakinishije abakinnyi barengeje imyaka.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages