Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere irakina umukino wa gicuti na n’ikipe ya Simba, ikipe y’ingabo za Uganda (UPDF) ku wa 26 Ukwakira 2012 kuri Stade Amahoro i Remera mu rwego rwo gusoza imyitozo ya gisirikari ihuriwemo n’Ingabo z’Afurika y’Iburasirazuba.
Ikinyamakuru The New Times cyatangaje ko izi kipe z’ingabo z’ibihugu byombi, zigiye gukina ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko umukino uherutse wabereye i Mbarara muri Uganda, ikipe ya APR FC igatsindwa ibitego 2 kuri kimwe.
Umutoza wa APR FC, Nshimiyimana Eric, atangaza ko uyu mukino bawuha agaciro gakomeye kandi ko bawufata nk’indi yose mpuzamahanga. Yongera ho ko aza kukinisha abakinnyi asanzwe akinisha muri shampiyona.
Kubera imvune yakuye mu mukino wa shampiyona wabahuje na Espoir, APR irakina idafite umuzamu wayo Ndoli Jean Claude.
Umukino wa APR FC iza gukina na Simba uraba usoza imyitozo ya gisirikari yiswe “Ushirikiano imara” cyangwa “Imikoranire ihamye” yitabiriwe n’abasirikare bari kumwe n’abasivili bake baose hamwe bagera ku 1680 mu ishuri rya gisirikari ry’i Gako mu karere ka Bugesera no ku kiyaga cya Kivu mu karere ka Rubavu.
Izi kipe ya APR FC iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona yo mu Rwanda, mu gihe Simba iri ku mwanya wa 12 muri shampiyona y’iwabo.



















TANGA IGITEKEREZO