Kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Kamena 2026, ni bwo Levante Unión Deportiva yatangaje ko yungutse umukinnyi mushya ukina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu.
Uyu mukinnyi ni Aaron Murenzi w’imyaka 18 washyize umukono ku masezerano yo kuzakinira iyi kipe mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27, gusa akazahera mu Ikipe y’Abatarengeje imyaka 23 b’iyi kipe, mbere yo kuzamurwa mu nkuru.
Mbere yo kujya muri KRC Genk, yanyuje muri RSC Anderlecht y’abato, ari na yo yatangiriyemo umupira w’amaguru.
Aaron Murenzi ni mwishywa wa Ndayishimiye Mike Trésor wifuzwa n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, hamwe na Ndayishimiye Karl Matteo wahamagawe rimwe mu Mavubi.
Murenzi yakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Bubiligi y’Abatarengeje imyaka 17, mu gihe agitekereza ku mwanzuro w’ikipe y’igihugu nkuru azakinira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!