Ibi yabigarutseho mu kiganiro Kick Off cya RTV, cyatambutse ku wa 11 Nyakanga 2026.
Mudaheranwa yavuze ko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda [BK Pro League] yageneza kuko imikino yose abantu bajyaga kuyireba bizeye kuryoherwa n’umukino.
Gusa yavuze ko hari iby’agahebuzo byayibayemo harimo kuba ikipe ya Al Hilal SC yabaye iya mbere, amakipe yose yatsinze abayobozi bayo batarigeze barenganya abakinnyi babo kuko ngo yari ku rwego rwo hejuru.
Ati “Twanabonye impinduka aho umuntu wese ajya kureba umupira n’umufana akagenda azi ko ari bwishime kubera ko hari ibintu tujya tuvuga hariya abafite amakipe, Al Hilal SC yagutsindiraga ikipe yawe, ugatangira waje uje kuyitsinda ku gitego cya kabiri ukabivamo nawe ugatangira kuvuga uti ‘umupira uraryoshye’ kandi nta muntu wigeze atonganya abakinnyi be ko batsinzwe na Al Hilal SC, nta n’umwe. Mu bantu bose buriya uzakurikirane.”
Al Hilal SC yatwaye igikombe ifite amanota 75, izigamye ibitego 49, mu gihe iya kabiri yayikurikiye yagize amanota 68, izigamye ibitego 22.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!