00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akari ku mutima w’abahagarariye u Rwanda mu marushanwa y’amarerero ya FC Bayern Munich

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 19 October 2025 saa 07:27
Yasuwe :

Abahagarariye u Rwanda bitabiriye amarushanwa y’amarerero ya FC Bayern Youth Cup 2025, mu Budage, biyemeje kuzakurikirana indoto zabo no gukora cyane ngo bazaheshe ishema u Rwanda.

Byagarutsweho na Kapiteni w’iyi kipe, Obed Nshimiyimana, nyuma y’uko begukanye umwanya wa kabiri muri aya marushanwa ndetse n’umunyezamu wayo akaba ari we uhembwa nk’umunyezamu mwiza w’irushanwa.

Ku wa Kane, tariki 16 Ukwakira 2025, Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar, yasuye ikipe y’u Rwanda ikina irushanwa rya FC Bayern Youth Cup 2025 ryaberaga kuri stade ya Adidas, aho yaganiriye n’abakinnyi b’Abanyarwanda ndetse abaha ubutumwa bubatera imbaraga.

Intego y’uru ruzinduko yari ugusaba aba bakinnyi bato gukomeza gukurikirana inzozi zabo no kwitegura kuzavamo abakinnyi bakomeye ku rwego rw’Isi.

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na IGIHE, Dr. Niyonsenga Clairon yashimangiye akamaro k’amarushanwa ategurwa n’amashuri y’umupira w’amaguru ya FC Bayern.

Ati “Atanga uburyo bw’umwihariko bwo kwigira mu buryo buhanitse no gupima urwego rw’abakinnyi bato, bikabafasha gutera imbere mu rugendo rwo kuba abakinnyi b’umwuga.”

Umuyobozi w’ishuri rya FC Bayern Academy mu Rwanda, Hirmer Bernhard, yashimye imikinire y’abakinnyi be nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma, avuga ko “imbaraga z’ubufatanye n’umwuka wo gukorera hamwe” ari byo byatumye u Rwanda rugera kure muri iri rushanwa.

Kapiteni Obed Nshimiyimana, wakinnye imikino yose, yagaragaje icyizere n’ubwitange bw’ikipe, yemeza ko bazakomeza gukora cyane.

Ati “Tuzakora cyane kugira ngo dutere ishema u Rwanda.”

Irushanwa rya FC Bayern Youth Cup 2025 ryasojwe ikipe y’u Rwanda yitwaye neza kuko yasoje ku mwanya wa kabiri nyuma yo gutsindwa na Nigeria mu mukino wa nyuma warangiye ku ntsinzi y’igitego 1–0.

Umunyezamu w’u Rwanda, Alfa Nsengumuremyi, yahawe igihembo cy’umunyezamu mwiza w’irushanwa, ashimirwa ubwitange n’ubuhanga yagaragaje mu mikino yose.

Nyuma y’irushanwa, itsinda ry’u Rwanda ryasuye umujyi wa Munich, aho ryakurikiranye umukino wa FC Bayern na Borussia Dortmund, kugira ngo rirusheho kumenya byinshi ku mukino w’umupira w’amaguru wo ku rwego rwo hejuru.

Umusaruro w’ikipe y’u Rwanda ugenda uzamuka kuko mu 2023 yabaye iya 5, ndetse Barthazar yegukana igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kuri ubu akaba ari umwe mu bakinnyi ba FC Bayern Global Academy.

Mu 2024 na bwo iyi kipe yongeye kuba iya 5 naho muri uyu mwaka yegukana umwanya wa 2, mu gihe Alfa Nsengumuremyi yegukanye igihembo cy’umunyezamu mwiza.

Iyi nzira igaragaza ko gahunda z’iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda zikomeje gutanga umusaruro no kugera ku rwego rwo guhangana, bikaba byerekana icyizere cy’ejo hazaza heza.

Umunyezamu w'ikipe yari ihagarariye ni we watowe nk'umunyezamu mwiza w'irushanwa
Umutoza Muyenzi Dieudonne ajya inama na Clairon Niyonsenga ushinzwe imishinga muri Minisiteri ya Siporo
Umuyobozi w’ishuri rya FC Bayern Academy mu Rwanda, Hirmer Bernhard, yashimye imikinire y’abakinnyi be
Dr. Niyonsenga Clairon yashimangiye akamaro k’amarushanwa ategurwa n’amashuri y’umupira w’amaguru ya FC Bayern
Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar, yasuye ikipe y’u Rwanda ikina irushanwa rya FC Bayern Youth Cup 2025 ryaberaga kuri stade ya Adidas
Ambasaderi Cesar yasabye uru rubyiruko guharanira gukina ku rwego mpuzamahanga
Aba bakinnyi basabwe gukomeza gushyigikira indoto zabo
Ambasaderi w'u Rwanda mu Budage, Cesar yasuye abahagarariye u Rwanda muri ayo marushanwa
Aya marushanwa ahuza amakipe y'amarerero ya FC Bayern yo mu bice bitandukanye
Abanyarwanda bitwaye neza muri aya marushanwa
Kapiteni Obed Nshimiyimana, wakinnye imikino yose, yagaragaje icyizere n’ubwitange bw’ikipe, yemeza ko bazakomeza gukora cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages