Aba bakinnyi bose baganirije abana ndetse n’ababyeyi babo ariko ahanini bibanda ku kwita ku kinyabupfura cyabo n’amasomo kugira ngo bose bazavemo abo bifuza kuzaba mu myaka iri imbere.
Anthony Bafoe yabwiye abo bana ko aho bari ari ho nabo banyuze, ariko bagomba gukomeza imyitozo babijyanisha n’amasomo yabo.
Ati “Abana mumenye ko aho mwicaye natwe ariho twari twicaye tukingana namwe. Mugomba kwita ku bintu byabasha kuzamura impano zanyu. Icya mbere ni ukubaha, kujya ku ishuri uko bigomba. Nimubikora mutyo bizorohera imyitozo yanyu, bityo muzamuke neza.”
Laura Georges yavuze ko abana ari bo b’ingenzi nubwo ababyeyi nabo ari ingirakamaro kuri bo. Yibanze cyane ku bana b’abakobwa, ashimangira ko ntacyo abahungu babarusha kuko nabo imbaraga bazifite.
Ati “Ubutumwa ndabuha abana ariko nifuza ko iby’ingenzi byareba ababyeyi babo. Ntabwo umwana yagera ku nzozi ze nta ruhare umubyeyi yabigizemo. Ni ngombwa ko mubagurira ibikoresho byose ndetse mukanabashishikariza gukora ibyo bakunda.”
Jimmy Gatete wishimiwe n’abana yaganirije nubwo abenshi yaganirije yanditse amateka bataravuka. Yababwiye ko yitsa ku bintu bibiri gusa. Kugira ikinyabupfura no kwiga.
Ati “Ikinyabupfura ntibivuze gusa kutarwana cyangwa gutukana, ahubwo bivuze no kumva umutoza ibyo ababwira. Ikindi kuvanga umupira no kwiga biragorana rimwe na rimwe ariko nimutabivanga ntabwo muzavamo abakinnyi mwifuza. Na mukinnyi mu gihe kizaza uzajya akina atarize ibyo mubimenye.”
Roger Milan yibanze cyane ku batoza b’abana. Ababwira ko hakunze kubaho amakosa yo gutegura abana bakiri bato, bigatuma bakora bayasubiramo barakuza. Ibi ntabwo byatuma umwana agera ku ntego ze.
Ati “Abatoza nibo bazagira uruhare ku bana kugira ngo bagere ku byo bifuje bakiri bato. Hari igihe ubona umukinnyi akora amakosa akuze, rimwe na rimwe biba byarahereye mu bwana. Ni akazi k’umutoza kugira ngo amukuremo ya makosa, azamuke ameze neza. Ubumenyi abana barabufite twabibonye. Mu gihe mubafashe neza nabo bakita ku bibareba, tuzababona mu ikipe y’igihugu ejo hazaza.”
Aba bakinnyi bari mu Rwanda mu rwego rwo gutegura igikombe cy’isi cy’Abakanyujijeho kizabera mu Rwanda mu mwaka wa 2024. Nyuma yo kuganiriza abana babasabye kuzagaruka icyo gihe basanga barazamutse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!