Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 5 Ukwakira 2025, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko abakinnyi batangiye umwiherero.
Abakinnyi babanje kugera aho bacumbitse kuri Gorilla Hotel ni Mutsinzi Ange, Manzi Thierry na Mugisha Bonheur, mu gihe biteganyijwe ko abandi bahagera kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025.
Aba ni Biramahire Abeddy, Kavita Phanuel Mabaya, Mugisha Gilbert, Muhire Kevin, Nkulikiyimana Darryl Nganji, Nshuti Innocent, Ntwari Fiacre na Imanishimwe Emmanuel.
Abakinnyi ba APR FC bahamagawe bazasanga abandi tariki ya 2 Ukwakira, nyuma yo kugera mu Rwanda bavuye mu Misiri aho bari baragiye gukina umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League basezerewemo na Pyramids.
Abandi bazahagera kuri uwo munsi ni Gitego Arthur, Hamon Aly-Enzo Na Kwizera Jojéa, ni mu gihe Ishimwe Anicet ari we uzagera mu mwiherero nyuma, ku wa Gatatu, tariki ya 8 Ukwakira.
Amavubi azabanza kwakira Bénin ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira, kuri Stade Amahoro, ahite yerekeza muri Afurika y’Epfo gukina na Bafana Bafana ku itariki ya 14 Ukwakira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!