00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi ba APR FC batindije umwiherero w’Amavubi muri Ecosse

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 3 August 2015 saa 10:00
Yasuwe :

Mu gihe Amavubi yari ategerejwe gutangira umwiherero w’ibyumweru bibiri muri Ecosse kuri iki Cyumweru tariki ya 2 Kanama 2015, bamwe mu bakinnyi barimo aba APR FC bari muri CECAFA Kagame Cup ntibarabona ibyangombwa by’inzira bategereje muri iki cyumweru.

Uyu mwiherero uri mu rwego rwo gutegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’Afurika na Ghana uzaba tariki ya 5 Nzeli 2015 i Kigali n’igikombe cy’Afurika cy’abakina imbere mu gihugu kizabera mu Rwanda mu 2016.

Amavubi yagombaga gutangira umwiherero w’ibyumweru bibiri muri Ecosse kuri iki Cyumweru bikurikiye umukino wa gicuti w’ Afurika y’Epfo batsinzwemo ibitego 2-0.

Gutinda kugenda byavuye ku bakinnyi ba APR FC bari muri CECAFA Kagame Cup yabereye muri Tanzania aho bari bohererejwe impapuro buzuza ariko bahagita basezererwa.

Kubera abakinnyi ba APR FC bari muri Tanzania muri CECAFA Kagame Cup, abahamagawe ntibabonye uko buzuza ibyangombwa bibahesha Visa Ifoto/Isurape
Amavubi yagombaga kuba kuri iki Cyumweru yatangiye umwiherero w'ibyumweru bibiri muri Ecosse Ifoto/Isurape

Mugabo Bonnie ushinzwe imibereho y’abakinnyi mu ikipe y’igihugu (Team manager) yabwiye IGIHE.com ko kuwa Gatanu, nyuma y’umunsi umwe bagarutse mu Rwanda, abakinnyi ba APR FC bajyanywe gutera igikumwe n’ibyangombwa byabo byoherezwa muri Ambasade y’u Bwongereza muri Afurika y’Epfo.

Yagize ati “ Ibisabwa twabyohereje kuwa Gatanu, iminsi ibiri ikurikiye yari ikiruhuko, uyu munsi nibwo bambwiye ko babibonye, dutegereje ibyangombwa muri iki cyumweru bityo MINISPOC ikatubwira umunsi tuzagendera.”

Amavubi agomba kuzagaruka mu Rwanda tariki ya 17 Kanama 2015, muri iki gihe umuryango wa East Lothian Council ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ecosse binyuze muri Komite olempike y’u Rwanda nibo bemeye kwishyura ibyo abakinnyi 26 b’Amavubi bazakenera.

Meadowmill Sports Centre niho Amavubi azajya akorera imyitozo ya buri munsi
Byari bitaganyijwe ko mu byumweru bibiri, Amavubi yakina imikino itatu ya gicuti n'amakipe yo mu cyiciro cya mbere muri Ecosse

East Lothian Council ku rubuga rwabo rwa Internet bavuga ko Amavubi yemerewe kujya muri Ecosse kuva tariki ya 2-16 Kanama 2016 bakajya bakorera imyitozo buri munsi no gukinira imikino ya gicuti kuri Meadowmill Sports Centre, hafi ya Prestonpans.

Muri ibi byumweru bibiri byari biteganyijwe ko Amavubi azakinirayo imikino itatu ya gicuti n’amakipe yo mu cyiciro cya mbere.

Minisiteri y’umuco na siporo izishyura amatike y’indege y’abakinnyi 26 (bose bakina mu Rwanda) n’abatoza bazajya muri uyu mwiherero.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages