00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi ba APR FC bishimiye gutora Umukuru w’Igihugu n’Abadepite

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 14 July 2024 saa 04:31
Yasuwe :

Abakinnyi b’ikipe ya APR FC batoye ku nshuro ya mbere Umukuru w’igihugu ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, batangaje ko bibashimishije kuba bakoze igikorwa nk’iki.

Abagize itsinda rya APR FC riri mu mikino ya CECAFA Kagame Cup, cyo kimwe nk’abandi Banyarwanda bari mu mahanga, bagiye mu gikorwa cyo gutora cyabereye kuri Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 14 Nyakanga.

Nyuma yo gutora, abakinnyi ba APR FC batoye ku nshuro ya mbere babwiye IGIHE ko bibashimishije kuko kera kabaye bihitiyemo umukuru w’igihugu kuko ari ikintu bahoraga bifuza.

Ishimwe Jean Pierre, umunyezamu w’iyi kipe yagize ati “ Biranshimishije kuba noneho ntoye umukuru w’igihugu kandi natoye neza. Amatora aheruka yabaye mfite imyaka 15 yonyine, nahoraga nifuza kubona umunsi nk’uyu”.

Kategeya Elie iyi kipe yakuye muri Mukura muri Mutarama uyu mwaka, we yavuze ko itariki yari yaramutindiye cyane ko ari “ibihe yahoraga yifuza” mu gihe umunyezamu ukiri muto Yvan Ruhamyankiko na we yavuze ko yatoye neza.

APR FC yagiye mu matora nyuma yo kuva mu myitozo ya nyuma yitegura umukino ifitanye na SC Villa muri CECAFA Kagame Cup uteganyijwe kuri uyu wa Mbere Saa Sita z’amanywa za Kigali.

Iyi kipe ni yo iyoboye itsinda C n’amanota atandatu ariko ikipe ya SC Villa iyigwa mu ntege Ikipe ya mbere mu itsinda niyo izabona itike ya ½ cy’iyi mikino iri kubera mu mujyi wa Dar es Salaam.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages