Ku wa Gatanu, tariki ya 8 Gicurasi 2026, ni bwo AZAM FC yasuye TRA United mu mukino w’Umunsi wa 21 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Tanzania ‘Tanzanian Premier League’.
Ni umukino AZAM FC yagiye gukina itaratsindwa umukino n’umwe muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, ndetse ishaka amanota yo gusatira Yanga SC na Simba SC ziyoboye izindi.
Gusa aba bakinnyi bakigera aho umukino uza kubera, bamwe batangiye kuribwa mu nda, ndetse bituma batsindwa ibitego 4-1.
Umukino ukirangira ntihamenyekanye uburwayi ubwo ari bwo n’icyabuteye, ahubwo abandi bakinnyi benshi bafashwe n’ubwo burwayi kugeza bajyanywe mu bitaro.
Kugeza ubu mu bakinnyi 11 barwaye, urembye cyane ni myugariro Ashrafu Shabani Kibeku. Abandi ni Zuberi Foba Masudi, Jean-Jacques Ngita, Iddy Nado, Himid Mao Mkami, Nuru Twalib, Jephte Kitambala, Feisal Salum Abdallah, Lameck Lawi, Aishi Manula, Pascal Gaudence Msindo na Lusajo Elukaga Mwaikenda.
Umutoza wa AZAM FC, Florent Ibengé, ntacyo yigeze atangaza kigendanye n’ubu burwayi, ahubwo yagaragaje ko yatsinzwe kuko yakinaga n’ikipe imenyereye ikibuga cyayo.
Ati “Iyi shampiyona irakomeye cyane by’umwihariko mu mikino ya nyuma, twe twaremye uburyo bwinshi bw’ibitego ariko tunanirwa gutsinda. Iyo twagiye gukinira hanze tuba dusabwa imbaraga nyinshi kuko tuba dukina n’abamenyereye ikibuga.”
“Tugomba gushaka izindi ntsinzi zizadufasha gukomeza gushyira igitutu kuri Yanga SC na Simba SC.”
Yanga SC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 54, igakurikirwa na Simba SC ifite 46, naho AZAM FC ikaba iya gatatu n’amanota 43.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!