00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi ba Espagne bageze mu rugo amahoro n’amaboko masa

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 24 June 2014 saa 07:42
Yasuwe :

Mu gihe bajyanye muri Brazil igikombe cy’Isi batwaye mu 2010 n’intego yo kugitahana, ikipe ya Espagne yageze i Madrid nyuma yo gusezererwa ku ikubitiro batsinze umukino umwe muri itatu bakiniye muri Brazil.
Bitandukanye nk’uko bakiriwe mu 2010 abafana babategereje ku mihanda n’igikombe mu ntoki, aba bakinnyi bageze i Madrid ahagana saa 12.00 bakiriwe n’imiryango yabo gusa.
Mu gihe itangazamakuru ryo muri Espagne ryari ritegereje ikiganiro kirambuye ku rugendo rw’iyi kipe, aba batwaye (…)

Mu gihe bajyanye muri Brazil igikombe cy’Isi batwaye mu 2010 n’intego yo kugitahana, ikipe ya Espagne yageze i Madrid nyuma yo gusezererwa ku ikubitiro batsinze umukino umwe muri itatu bakiniye muri Brazil.

Bitandukanye nk’uko bakiriwe mu 2010 abafana babategereje ku mihanda n’igikombe mu ntoki, aba bakinnyi bageze i Madrid ahagana saa 12.00 bakiriwe n’imiryango yabo gusa.

2014: Bageze ku kibuga cy'indege n'ibikapu gusa
2010: Casillas na Del Bosque basohotse mu ndege bereka abafana igikombe bavanye muri Afurika y'Epfo

Mu gihe itangazamakuru ryo muri Espagne ryari ritegereje ikiganiro kirambuye ku rugendo rw’iyi kipe, aba batwaye igikombe cyo mu 2010 bavaga mu ndege bafata tagisi bigendera.

Uretse Andreas Iniesta wanditse kuri Twitter asaba imbabaza abakunzi babo abanenyesha ko ibyo bifuzaga gukora mu gikombe cy’Isi bitashobotse. Yagize ati “ Twajyanye intego zikomeye mu gikombe cy’Isi ntibyaduhira. Ndabasaba imbabazi mbizeza ko ikipe izahita isubira mu bihe byiza. Ndabakunda mwese!”

Bageze ku kibuga bakirwa n'abo mu miryango yabo gusa
Hashize imyaka ine, ikipe ya Espagne ihiriwe n'urugendo muri Afurika
Del Bosque yakirijwe ubwuzu nubwo ahazaza h'akazi ke hatarahishurwa

Umutoza Vicente Del Bosque utaramenya ahazaza h’akazi ke yakiriwe n’umugore we.

Espagne yari ifite igikombe cy’Isi yatsinzwe umukino ubanza wo mu matsinda n’u Buholande ibitego 5-1 nyamara iyi bari barayitsinze ku mukino wa nyuma mu 2010, igitego 1-0 cya Andreas Iniesta.

Sergio Ramos yavuye ku kibuga nta n'umuntu wo kumwakira uhari
Kapiteni na Visi: Casillas na Xavi basesekaye i Madrid n'ibikapu mu mwanya w'igikombe bari basezeranyije abafana ko bazagarukana

Mu gihe benshi bari biteze ko iyi kipe yasubira mu ruhando rwo kwisubiza igikombe yatunguwe na Chili iyitsinda ibitego 2-0 ihita isezererwa.

Ku mukino wa nyuma bakinnye kuri uyu wa Mbere batsinze Australia ibitego 3-0 bya David Villa, Fernando Torres na Juan Mata bahita bafata indege ibasubiza mu rugo.

Casillas mushya: De Gea yasezeye kuri Visi kapiteni bashobora kutazongera guhurira mu ikipe y'igihugu
Torres watsinze igitego cya kabiri Australia na Pedro bagaragazaga gucika intege

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages