00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi ba Mukura VS bahagaritse imyitozo ku bw’umutekano wabo

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 4 May 2026 saa 02:34
Yasuwe :

Abakinnyi b’Ikipe ya Mukura Victory Sport ntibakoze imyitozo yo kuri uyu wa Mbere ndetse babwiye ubuyobozi bwabo ko batazakina umukino wa Police FC uzaba ku wa Gatatu kuko batizeye umutekano w’ubuzima bwabo.

Mukura VS yatsinzwe na Rutsiro FC ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa 29 wa Shampiyona wabaye ku Cyumweru, tariki ya 3 Gicurasi 2026, kuri Stade Kamena.

Muri uwo mukino, myugariro w’iyi kipe Mbonyamahoro Serieux “yakubiswe umugeri mu bugabo n’umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul” nk’uko iyi kipe yabyanditse mu kirego yatanze muri FERWAFA aho yanavuze ko penaliti ebyiri zahawe Rutsiro FC zitari zo.

Ibyabaye ntibyakiriwe neza n’abakinnyi ba Mukura VS ngo bahise bamenyesha ubuyobozi bwayo ko batazakora imyitozo kubera ko bishobora kubaviramo ibyago.

Umwe mu bo muri iyi kipe waganiriye na IGIHE yagize ati “Abakinnyi bari babivuze ko badakora imyitozo, uyu munsi ntabwo bakoze. No ku wa Gatatu bishobora kuba mpaga. Bavuga ko niba umuntu bamukubise kuriya, ejo hari undi bakubita ikintu mu mutwe.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa muri Mukura VS, Musoni Protais, yemereye IGIHE ko koko abakinnyi batakoze imyitozo ariko bagiye kubaganiriza mu gihe bategereje kureba niba hari igikorwa.

Ati “Tugiye kubareba tubaganirize. Twatanze ikirego kandi turizera ko FERWAFA iza kubikoraho. Turacyategereje.”

Mukura VS ni yo izakira uyu mukino w’Umunsi wa 30 wa Shampiyona uzayihuza na Police FC kuri Stade Kamena.

Abakinnyi ba Mukura VS banze gukora imyitozo nyuma y'uko mugenzi wabo akubiswe n'umusifuzi mu mukino bahuyemo na Rutsiro FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages