00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi ba Nigeria bahagaritse imyitozo, aba RDC bategerwa miliyari 1 Frw nibagera mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 November 2025 saa 09:48
Yasuwe :

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria banze gukora imyitozo kubera uduhimbazamusyi bishyuza, mu gihe aba Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo bashyiriweho intego ya miliyoni 1$ nibahesha iki gihugu itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Aya makipe ari muri ane azakina Imikino ya Kamarampaka yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe Amerika, Canada na Mexique.

Muri iyi mikino, Nigeria izakina na Gabon ku wa Kane, tariki ya 13 Ugushyingo 2025 saa 18:00, mu gihe RDC izakina na Cameroun saa 21:00.

Abakinnyi n’abatoza ba Nigeria banze gukora imyitozo ibanziriza iya nyuma, aho bishyuza Ishyirahamwe rya Ruhago muri iki gihugu uduhimbazamusyi tw’imikino batsinze.

Ku rundi ruhande, buri mukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo, yashyiriweho agahimbazamusyi ka miliyoni 1$ arenga miliyari 1 Frw, mu gihe iki gihugu cyabona itike y’Igikombe cy’Isi giherukamo mu 1974 kikitwa Zaire.

Muri iyi mikino ya kamarampaka amakipe yose azahura hagati yayo, izaba iya mbere izahura n’andi yo ku yindi migabane, ibone kubona itike y’Igikombe cy’Isi giteganyijwe mu mpeshyi ya 2026.

Kugeza ubu amakipe icyenda yo muri Afurika yayoboye amatsinda yamaze kubona itike yo kuzitabira iri rushanwa. Ayo ni Sénégal, Côte d’Ivoire, Afurika y’Epfo, Cap-Vert, Algeria, Ghana, Misiri, Maroc na Tunisia.

Buri mukinnyi wa RDC yashyiriweho miliyari 1 Frw nibabona itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026
Abakinnyi b'Ikipe y'Igihugu ya Nigeria bishyuza uduhimbazamushyi banze gukora imyitozo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages