Hashize iminsi 15 Guverinoma y’u Burundi ifunze imipaka yose ihuza icyo gihugu n’u Rwanda. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 25 Mutarama 2023, habonetse andi makuru avuga ko n’abakinnyi b’Abanyarwanda bakina muri iki gihugu na bo batangiye gusubizwa iwabo.
Umunyamabanga Mukuru wa FFB, Jérémie Manirakiza, yashyize umucyo ku byavuzwe agaragaza ko nta Banyarwanda bari mu birukanywe ahubwo umubare wiganjemo ari Abanya-Uganda.
Ati “Mu by’ukuri nta Munyarwanda nzi ukina inaha ariko Abanya-Uganda bo birashoboka kuko hari nka batatu bazaga inaha ugasanga barasinya mu makipe ariko batajya bakina.”
“Abo rero bafatwaga nk’abakora ibikorwa byo gushaka indonke muri ruhago. Igipolisi cy’u Burundi kiri kubafata kikabikurikirana ndetse kikabasubiza iwabo. Ni ibintu byafashe indi ntera hano i Burundi.”
Manirakiza yongeyeho ko ibiri muri politiki ku mpande zombi nta ruhare bizagira ku mupira w’amaguru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!