00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi bahombeye amakipe yabo muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2023/24 (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 April 2024 saa 10:41
Yasuwe :

Umwaka w’imikino wa 2023/24 uri kugana ku musozo ndetse harabura imikino itatu gusa ngo Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda irangire.

Mbere y’uko utangira, amakipe yose yiyubatse binyuze mu kugura abakinnyi bakomeye yifuzaga ko bazayafasha muri Shampiyona.

Gusa, nyuma y’imikino 27 imaze gukinwa, hari abakinnyi batatanze ibyo bari bitezweho, aho abanyamakuru ba siporo ba IGIHE batoranyijwe 11 batengushye amakipe yabo.

APR FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku wa 20 Mata nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports igitego 1-0, ikomeza kurusha Rayon Sports amanota 12.

Urugamba rukomeye rusigaye mu makipe abiri azamanuka mu Cyiciro cya Kabiri, aho kuri ubu Sunrise FC ya 14 n’amanota 26, Bugesera FC na Etoile de l’Est zinganya amanota 25 ku mwanya wa 15 n’uwa 16 ziri mu zihangayitse kurusha izindi.

Umva ubusesenguzi ku bakinnyi batatanze umusaruro kandi bari bitezweho byinshi uyu mwaka


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages