Kuva u Rwanda rwatangira kugirana imikoranire na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, abakinnyi bayo barimo abo mu ikipe y’abagabo iy’abagore ndetse n’abakanyujijeho, basura u Rwanda mu rwego rwo kwirebera ibyiza nyaburanga birutatse.
Ni muri urwo rwego aba bakinnyi bageze mu Rwanda kugira ngo basure ibice bitandukanye, aho ku munsi wa mbere w’urugendo rwabo basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bunamira inzirakarengane z’Abatutsi zazize Jenoside mu 1994.
Nk’uko bigaragara ku mbuga za Paris Saint-Germain y’Abagore, kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, aba bakinnyi bagiye muri Pariki y’Ibirunga gusura ingagi.
Kuri uyu munsi wa kabiri w’urugendo rwabo kandi babonye basuye Ikiyaga cya Ruhondo. Bacumbitse muri One&Only Gorilla’s Nest.
Océane Nathalie Toussaint Dit Marseille w’imyaka 22 ni umunyezamu wa Paris Saint-Germain y’Abagore, Baby Jordy Benera w’imyaka 21 we akina mu kibuga hagati, mu gihe Jade Le Guilly w’imyaka 23 we ari myugariro ukina anyuze mu mpande.
Mu bandi bakinnyi b’iyi kipe yo muri Shampiyona y’Abagore y’Icyiciro cya Mbere mu Bufaransa bageze mu Rwanda, harimo Paulina Dudek na Oriane Jean-François.
Kuva mu 2019, u Rwanda rufitanye amasezerano na PSG binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, akaba yaravuguruwe mu mwaka ushize wa 2025 kugira ngo azageze mu 2028.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!