Wari umukino w’Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona aho Rayon Sports yari yakiriye Amagaju FC izamutse mu Cyiciro cya Mbere muri uyu mwaka w’imikino.
Amagaju FC ni yo yabanje igitego cyatsinzwe na Rukundo Abdulahman ku munota wa 29 gusa w’umukino.
Byategereje impinduka nyinshi no gusimbuza bya hato na hato kugira ngo Rayon Sports y’Umutoza Yameni Zelfani ibone igitegp cyo kwishyura, cyinjijwe na Rudasingwa Prince ku munota wa 87 w’umukino.
Nyuma y’umukino, abakinnyi ba Rayon Sports basagarariye abasifuzi bari bayobowe na Mukansanga Salima wari umusifuzi wa mbere, Maniragaba Valerie wari uwa kabiri, uwa gatatu Muhire Faradji ndetse n’uwa kane, Ngaboyisonga Ngaboyisonga.
Ku ikubitiro habanje Umunye-Congo, Luvumbu Nzinga, wari wuzuye umujinya yifuza guhura n’aba basifuzi ngo ababaze ibyo bamaze gukora bitamunyuze.
Mu magambo yuzuye uburakari, Luvumbu yagize ati "Kuki mudusifurira nabi? Ni ko bigenda buri gihe."
Nzinga Héritier Luvumbu yabajije abasifuzi impamvu bahora basifurira nabi Rayon Sports.
Ni nyuma yo kunganya na Amagaju FC igitego 1-1 ku wa Gatanu mu mukino w’Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona. pic.twitter.com/mRV5wKNE2Z
— IGIHE Sports (@IGIHESports) September 2, 2023
Uyu yakumiriwe na Kalisa Rachid ukina hagati wamubujije kubegera ngo adateza imvururu.
Aba basifuzi baherekejwe na Rafiki ushinzwe umutekano w’urwambariro rwa Rayon Sports wakomeje kubuza abakinnyi b’ikipe ye guteza imvururu.
Mu gihe bari mu nzira bagenda, bahuye n’Umunya-Maroc Youssef Rhab wabajije Umusifuzi wa Gatatu, Muhire Faradji, impamvu yanze igitego cya Rayon Sports avuga ko habaye kurarira.
Muhire mu Gifaransa cyiza, Muhire yamusobanuriye ko ari we wari mu mwanya mwiza wo kubireba.
Yagize ati "Muvandimwe wanjye nabirebaga neza kuko nari mpagaze mu mwanya mwiza, mbere yo gufata icyemezo ko hatabayeho kurarira ugende ubanze urebe amashusho."
Iki kiganiro kigufi cyari gihagarariwe na Rafiki wacungiraga hafi abasifuzi ngo badakorwaho n’abakinnyi ba Rayon Sports.
Nyuma gato, haje rutahizamu Charles Bbaale na we yijujuta abaza abasifuzi uko basifuriye Gikundiro, gusa uyu nta bisobanuro byinshi yahawe.
Ubwo yashakaga gushyamirana n’abasifuzi, Rafiki yamutangiriye ntiyabageraho. Mu gihe ibi byose byabaga, barebwaga n’Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Yameni Zelfani ndetse na Ngabo Roben ushinzwe Itumanaho muri iyi kipe, bombi bazaga babasanga.
Mu gihe Rafiki yasunikaga Bbaale, haje Umutoza wungirije wa Rayon Sports, Umunya-Mauritania, Mohamed Wade w’imyaka 37, wari wuzuye uburakari yifuza guhura n’abasifuzi ngo ababaze ku misifurire yaranze umukino.
Gusa uyu yakumiriwe na Rafiki ndetse na Murego bashinzwe umutekano wa Rayon Sports mu gihe n’Umutoza Yameni Zelfani yari ahagaze amubuza gukomeza gushyamirana.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Umutekano muri FERWAFA, Rurangirwa Louis, yabasanze aho bari bahagaze maze arabacururutsa.
Hashimwe cyane Umunyamabanga wa Rayon Sports, Namenye Patrick, wasabye abakinnyi b’ikipe ye gutuza bakareka guteza imvururu ndetse aherekeza abasifuzi mu rwambariro.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!