00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda binjiranye akanyamuneza mu Gikombe cy’Isi cya 2026 (Amafoto & Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 June 2026 saa 08:55
Yasuwe :

Abakunzi b’umupira w’amaguru ku Isi batangiye kuryoherwa n’imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026, abo mu Rwanda bahurira ahantu hatandukanye bafatanya kwishimira itangira ry’iyi mikino.

Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 12 Kamena 2026, ni bwo kuri Mexico City Stadium habereye umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi warangiye Mexique yari iwayo itsinze Afurika y’Epfo ibitego 2-0.

Ni umukino wabimburiwe n’ibirori byo gutangiza irushanwa, witabirwa n’abagera ku 80.824 bari muri stade, abandi bayikurikiranira kuri televiziyo zabo no ku mbuga nkoranyambaga.

Abatari mu ngo zabo mu Rwanda, bahuriye ahantu hatandukanye hateguwe kugira ngo hinjize neza abakunzi ba ruhago muri iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 23.

Bamwe bahuriye muri Camp Kigali hari hateguwe mu buryo budasanzwe n’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa SKOL, bafashwa n’abanyamakuru ba B&B Kigali kugezwaho imikino mu buryo bw’ako kanya.

Ahandi hari hateguwe ni muri Zaria Court, ahandi abakunzi b’umupira w’amaguru bahuriye bakurikira imikino yabimburiwe n’imwe mu makipe ahagarariye Afurika mu irushanwa, ni muri Zaria Court hasanzwe herekanirwa imikino ikomeye.

Radio ya SK FM yo yerekeje mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, iba ari ho yogereza umukino ubanza w’Igikombe cy’Isi, iri kumwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru.

Undi mukino wabaye wasize Koreya y’Epfo itsinze Repubulika ya Tchèque ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Estadio Guadalajara.

Ibitego bya Koreya y’Epfo byatsinzwe na Hwang In-Beom ku munota wa 67 na Oh Hyeon-Gyu ku munota wa 80. Ni mu gihe Repubulika ya Tchèque yari yatsindiwe na Kapiteni wayo Ladislav Krejčí ku munota wa 59.

Koreya y’Epfo yahise igira amanota atatu mu Itsinda A, inganya na Mexique yatsinze Afurika y’Epfo ibitego 2-0 ibifashijwemo na Julián Quiñones na Raúl Jiménez.

Uyu mukino wabonetsemo amakarita atatu atukura, harimo abiri yahawe Yaya Sithole na Themba Zwane, indi ihabwa César Montes wa Mexique.

Undi mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, ni uwo mu Itsinda B uhuza Canada na Bosnie-Herzégovine guhera Saa 21:00.

Muri Camp Kigali hari hateguwe mu buryo bworohereza buri wese kureba umukino
Mu gihe irushanwa ryari ritaratangira bamwe barebaga ibirori byo kuritangiza
Abari bafite amakipe bashyigikiye banyuzagamo ntibihishire
Igikombe cy'Isi cyongeye guhuza Abanyarwanda bakunda umupira w'amaguru
Abafana barebye umukino mwiza ariko wabonetsemo amakarita menshi
Umwe mu bafana ba Mexique yatahanye akanyamuneza kuko ikipe ashyigikiye yatsinze umukino wa mbere mu Gikombe cy'Isi
Hari abarebye urwego rw'abakinnyi b'amakipe yabo barumirwa bifata ku minwa
SKOL yari yateguye intebe zo gufasha abafana kureba bicaye neza
Akanyamuneza kari kose mu maso y'abakunzi b'umupira w'amaguru
Abakunzi b'imikino y'Igikombe cy'Isi banakurikiranaga ubusesenguza bw'abanyamakuru batandukanye
Abitabiriye iyi mikino bari biganjemo urubyiruko
Bamwe bahisemo gutahana amafoto y'umunsi w'amateka ku mupira w'amaguru
Abageze muri Camp Kigali hakiri kare bicaye bisanzuye
Abafana b'umupira w'amaguru bari benshi muri Camp Kigali
Kureba umupira w'amaguru ntibyabujije bamwe gukomeza gukurikirana gahunda zabo kuri telefone
Si abahungu gusa bakurikiranye imikino, ahubwo n'abakobwa bakunda ruhago bari bitabiriye imikino
Bamwe bashimishijwe n'uko amakipe bashyigikiye yitwaye
Nubwo bari mu Rwanda, amaso yari yerekeje muri Mexique ahatangirijwe Igikombe cy'Isi cya 2026
Umukino wa Afurika y'Epfo na Mexique ni wo wakurikiwe n'abafana benshi bari mu Rwanda
Hri abasabye imyanya yo kwicaramo yashize ariko ntibyababuza gukurikirana imikino
Ngabo Roben ushinzwe Itangazamakuru muri FERWAFA n'umunyamakuru Bob ukorera Mama Urwagasabo bakurikiraniye hamwe umukino utangiza Igikombe cy'Isi
Icyo kunywa bamwe bifuzaga bakibonaga
Abanyamakuru b'imikino na bo bifatanyije n'abandi Banyarwanda gukurikirana iyi mikino
Abahisemo kurebera imikino muri Zaria Court baryohewe

Amafoto: Umwari Sandrine
Video: Ndacyayisenga Emmy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages