00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 680 basabye gutoza Amavubi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 February 2026 saa 12:48
Yasuwe :

Abatoza 688 basabye gutoza Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, imaze ukwezi idafite umutoza mukuru.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riheruka gutandukana na Adel Amrouche tariki ya 14 Mutarama 2026 nyuma y’umwaka ari muri izi nshingano.

Mu gihe hari gushakishwa umusimbura we, FERWAFA yatangaje ko imaze kwakira ubusabe bw’abatoza 688 bujuje ibisabwa, bityo hagiye gukurikiraho icyiciro cy’amajonjora hashingiwe ku mpamyabumenyi n’uburambe mu gutoza amakipe y’igihugu no kuba baragize uruhare mu marushanwa akomeye arimo Igikombe cya Afurika n’icy’Isi.

U Rwanda ruzakira imikino ya gicuti ya FIFA Series izabera i Kigali muri Werurwe 2026.

Muri iyi mikino, u Rwanda ruri mu Itsinda A hamwe na Estonia, Grenada na Kenya, mu gihe Itsinda B rigizwe na Aruba, Liechtenstein, Macau na Tanzania.

Abatoza 688 basabye gutoza Amavubi
Amavubi aheruka gutandukana na Adel Amrouche

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages