00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatoza b’Ikipe y’Igihugu ya RDC batakambiye Perezida Tshisekedi ku mishahara 20 batishyuwe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 July 2024 saa 08:57
Yasuwe :

Abatoza b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batakambiye Perezida Félix Tshisekedi ku kuba yabafasha kubona imishahara n’uduhimbazamushyi batabonye inshuro 20 mu gihe cy’amezi atandatu.

Ibi byatangajwe na bamwe mu batoza ba Les Léopards de la RDC mu kiganiro bagiranye na Top Congo FM bagaruka ku mibereho y’iyi kipe mu bihe bitandukanye.

Team Manager wa RDC, Ntumba Ngandu, yahishuye ko ibiri kuba bizagira ingaruka ku Ikipe y’Igihugu mu gihe Leta itakurikiza ibikubiye mu masezerano abatoza bagiranye na yo.

Yagize ati “Amasezerano dufite y’Ikipe y’Igihugu yasinywe ku bwa Minisitiri wa Siporo Serge Chembo Nkonde ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri RDC (Fecofa), Donatien Tshimanga, ariko ibiyakubiyemo ntabwo byigeze byubahirizwa.”

"Ntabwo nzi niba ibi bintu biri kuba Perezida Félix Tshisekedi abizi, ko Leta itigeze yishyura abatoza b’Ikipe y’Igihugu nkuru. Urugero rwa hafi ni mu mikino iheruka ya gicuti twakinnye na Congo Brazzaville, hari n’amafaranga yo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya CHAN ku batarengeje imyaka 20 dukeneye. Imana yonyine niyo izi.”

Aba batoza bahagarariwe n’Umufaransa Sébastien Desabre bashobora gukomeza ibintu, nyuma y’igihe baba batishyuye utwabo, bikaviramo RDC kuba yafatirwa n’ibihano.

Amakuru avuga ko Sébastien Desabre aheruka gufata ku cyitwa umushahara muri Ukuboza 2023, bivuga ko amafaranga yo kugeza iyi kipe muri ½ cy’Igikombe cya Afurika cyabereye muri Côte d’Ivoire yayategereje amaso agahera mu kirere.

Umufaransa Sébastien Desabre utoza RDC maze amezi atandatu atishyurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages