Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 5 Mata 2026, ni bwo Al Hilal SC yo muri Sudani ikina muri Shampiyona y’u Rwanda yamenyesheje abakunzi bayo ko uyu mukinnyi adahari yagiye kwitabwaho n’abaganga.
Yagize iti “Umunya-Mali ukina anyuze mu mpande, Adama Coulibaly, azabagwa imvune y’ivi aherutse kugira, yatumye atagaragara mu mikino twakinnye mu byumweru byatambutse.”
“Yageze i Cairo muri iki gitondo ari kumwe n’ushinzwe inozabubanyi mu ikipe, Fadel Hussein Abdel Samad, ahita anafatwa ibizamini by’ubuzima ari na byo byemeje ko agomba kubagwa. Ukurikije ibyo abaganga bavuze, azatangira imyitozo mu byumweru bibiri nyuma yo kuvurwa.”
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Mata 2026, ni bwo Coulibaly umaze gutsinda ibitego icyenda aza kubagwa imvune, mu gihe ikipe ye iraba ifite umukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona y’u Rwanda uyihuza na Marine FC.
Kugeza ubu Al Hilal SC yakinnye imikino 24 iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 54, ikaba irusha APR FC ya kabiri amanota abiri nubwo yo yakinnye imikino 26.
Al Hilal SC kandi yanavuze ku byo kurega RS Berkane yo muri Maroc yakinishishije umukinnyi utemewe mu mukino wa ¼ cya CAF Champions League.
Nyuma y’uko isabwe kujya mu kwitaba Akanama Nkemurampaka muri CAF, yanze kwitabira hatabanje gusubikwa umukino uzahuza AS FAR Rabat na RS Berkane, kandi bitakorwa ikajyana ikirego mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (CAS).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!