Simba SC yifuje kugarura Dr Zrane nyuma y’uko itandukanye n’Umunyarwanda, Hategekimana Corneille, wajyanye na Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ’Robertinho’ nyuma yo kunyagirwa na Mukeba Yanga SC ibitego 5-1.
Dr Zrane yatwaranye na Simba SC ibikombe icyenda ndetse bagerana muri 1/4 cya CAF Champions League inshuro eshatu mu myaka ine yahamaze.
Amakuru yizewe agera kuri IGIHE yemeza ko ubuyobozi bwa Simba SC bwavugushije uyu mutoza bwifuza ko asubira muri ’Wekundu wa Msimbazi’ mu gihe bwateganyaga gutandukana na Hategekimana.
Aganira na IGIHE, Dr Zrane yirinze kugira icyo avuga kuri aya makuru gusa yemeza ko muri Tanzania bamwifuza ariko yishimiye kuba muri APR FC agifitiye amasezerano.
Ati "Hari amakuru mba mfite ku giti cyanjye ntashyira hanze mu itangazamakuru, haba kuba narahamagawe cyangwa ibyo twavuganye, gusa igihari ni uko itangazamakuru ryo muri Tanzania ribivuga kenshi."
Yakomeje agira ati "Ndi umutoza wa APR FC kandi wishimiye cyane iyi kipe. Uko ifata abakozi bayo, dufitiwe urukundo n’abafana n’ubuyobozi butanga buri kimwe ngo ikipe ibeho mu mwuka mwiza kandi kinyamwuga. Meze neza nta kibazo na kimwe mfite."
Uyu mutoza yishimiye u Rwanda na APR FC, byatumye azana umuryango we babana mu kazi ka buri munsi.
Dr Adel Zrane afitanye amasezerano y’umwaka umwe n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu azarangirana n’uyu mwaka w’imikino.
Mu 2018-19, Dr Zrane yatwaranye na Simba SC Igikombe cya Shampiyona na Community Shield ari kumwe n’Umutoza mukuru w’Umubiligi, Patrick Aussems.
Mu mwaka wakurikiyeho wa 2019-20, yatwaye ibikombe bitatu birimo icya Shampiyona, Igikombe cy’Igihugu na Community Shield ari kumwe n’Umubiligi Sven Vandenbroeck.
Uyu mutoza yakoranye kandi n’Umufaransa Didier Gomez Da Rosa mu 2020-21, atwarana nawe ibikombe bitatu birimo icya shampiyona, icy’Igihugu na Community Shield.
Yatoje mu yandi makipe nka Etoile Sportif du Sahel y’iwabo muri Tunisia, Al Ain yo muri Arabie Saoudite, Al-Wehdat Sportif Club yo muri Jordanie n’Ikipe y’Igihugu ya Mauritania yitabiriye Igikombe cya Afurika cya 2022 muri Cameroun.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!