00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afahmia Lotfi mu bashobora gutoza Amagaju FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 January 2026 saa 11:51
Yasuwe :

Afahmia Lotfi ukomoka muri Tunisia n’Umwongereza Mark Harrison bari mu bazavamo umutoza mukuru mushya w’Amagaju FC, akazungirizwa na Mateso Jean de Dieu.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo Amagaju FC yafashe icyemezo cyo gutandukana Niyongabo Amars wari umutoza wayo n’abungiriza be, nyuma y’uko atsinzwe na Al Hilal SC ibitego 8-0.

Iyi kipe yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangiye gushaka abatoza bazayifasha by’umwihariko mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’u Rwanda, dore ko ibanza iri mu mpera.

Mu batoza bari guhabwa amahirwe harimo Afahmia Lotfi wirukanywe na Rayon Sports mu Ugushyingo 2025, nyuma y’umusaruro mubi yagaragaje mu ntangiriro za Shampiyona ya 2025/26.

Mbere yo kujya muri Rayon Sports, uyu mutoza yari yagaragaje ubushobozi bwo gutoza amakipe yo mu ntara, dore ko yafashije Mukura VS guhangana n’amakipe akomeye.

Si we gusa uhabwa amahirwe kuko mu gihe bitakunda hari andi mahitamo kuri iyi kipe itarorohewe muri uyu mwaka. Uwo ni Mark Harrison watoje amakipe atandukanye muri Afurika.

Mark Harrison yatoje amakipe arimo Gor Mahia FC yo muri Kenya, Harare City na CAPS United zo muri Zimbabwe, Township Rollers yo muri Botswana, UD Songo yo muri Mozambique n’izindi.

Umutoza uzahabwa amahirwe yo gutoza iyi kipe, azungirizwa na Mateso Jean de Dieu wamaze kwemezwa n’Amagaju FC.

Amagaju FC yarangije imikino ibanza ya Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/26, iri ku mwanya wa 17 n’amanota 12, ikaba ari yo kipe ifite umwenda w’ibitego byinshi (17).

Afahmia Lotfi ashobora gutoza Amagaju FC
Umwongereza Mark Harrison ari mu bashobora gutoza Amagaju FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages