Uyu mukino wari witabiriwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru benshi, harimo abatoza, abakinnyi ndetse by’umwihariko n’abayobozi barimo Perezida w’ikipe ya Rayon Sports Uwayezu Jean Jean Fidèle .
Ikipe ya Brazilians igizwe n’abakinnyi bakomoka mu karere ka Rubavu ni yo yinjiye mu mukino hakiri kare ubwo Sibomana Sultan Bob usanzwe ukinira ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 yazaga kungukira mu mupira wa Muhadjili maze agatsinda igitego cya mbere ku munota wa 17 w’umukino.
Uyu musore uvukana na Niyibizi Ramadhan wa APR FC, yaje gutsinda igitego cya kabiri cy’umukino kikaba n’icya kabiri kuri we ubwo mu ntangiriro z’igice cya kabiri yongeraga kunyeganyeza amazamu maze aba basore b’i Rubavu batangira kubyina intsinzi aho bari bizeye igikombe.
Ibintu ariko byaje guhinduka ku Mumena ubwo mu minota itanu gusa ikipe ya Gatoto yazaga kwishyura ibi bitego byombi bitsinzwe na Ibene wagiye mu kibuga asimbuye ndetse na Mucyo Didier watsinze igitego cyateje impaka ahabuze gato ngo umukino uhagarare.
Iki gitego cy’uyu mukinnyi wa Police FC akaba yagitsinze hasa nk’aho yakoreye ikosa myugariro wa Brazilians byatumye iyi kipe ivuga ko ishobora kuva mu kibuga kuko ku bwayo yarimo yibwa cyane ko ngo abategura iyi mikino basanzwe babarizwa muri iyi kipe ya Gatoto.
Amarira y’abahungu bo ku Majengu ariko yaje no kuba menshi ubwo Raphael Osaluwe usoza amasezerano muri Rayon Sports muri uku kwezi, yazaga gutsinda igitego cyiza ku munota wa 87 w’umukino cyatumye ikipe ye yegukana intsinzi ndetse n’igikombe ku bitego 3-2.
Iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya kabiri ryahurije hamwe amakipe 10 aho abakinnyi barigaragayemo bari biganjemo abasanzwe bakina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere aho baryifashisha nko gukomeza kwitegura imikino ikomeye.
Amafoto: Bovary
Video: Nix Nathan



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!