Impera z’icyumweru ntizahiriye Rayon Sports yababajwe na mukeba wayo w’ibihe byose Kiyovu Sports wayitwaye igikombe cya Made in Rwanda Cup 2022 iyitsinze ibitego 2-1.
Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 9 Ukwakira 2022.
Kiyovu Sports yitwaye neza ibifashijwemo na Mugenzi Bienvenue na Bigirimana Abedi mu gihe igitego kimwe rukumbi cya Rayon Sports cyinjijwe na Moussa Essenu.
Umukino ugana ku musozo, ku munota wa 94, Rayon Sports yabonye penaliti nyuma y’ikosa ryakozwe na Ndayishimiye Thierry wakoze umupira n’ukuboko.
Aya yari yo mahirwe ya nyuma kuri Rayon Sports ndetse uhereye ku bakinnyi, abatoza n’abafana bari bategerezanyije n’amatsiko menshi kureba niba atanga umusaruro.
Ntibyaje kugenda neza kuko Umurundi Mbirizi Eric wagiriwe icyizere cyo gutera penaliti yayikubise igiti cy’izamu ivamo.
Iyo yinjira byari guha Gikundiro kugaruka mu mukino ndetse ikaba yanabona amahirwe yo kwegukana intsinzi kuko hari guhita hitabazwa penaliti.
Mbirizi Eric nyuma yo guhusha iyi penaliti yakomeje kwicara akanya atumva ibimubayeho, aza guhashwa guhaguruka na Paul Were.
Abafana ba Rayon Sports bahise batakaza icyizere bashenguwe n’ifirimbi ya nyuma yavugijwe n’umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Salima.
Mu gihe abafana ba Gikundiro bari bubitse imitwe hasi, aba Kiyovu bari mu bicu bishimira intsinzi ndetse n’igikombe begukanye bagikuye mu maboko ya mukeba.
Ibyishimo by’abafana b’Urucaca byanatumye bapfumbatiza Kapiteni wabo, Kimenyi Yves amafaranga mu kumushimira ko yitwaye neza muri uyu mukino wongeye guhesha ikuzo ikipe y’i Nyamirambo.
Umunyamakuru wa IGIHE ufata amafoto yakusanyije amwe mu yaranze umunota wa nyuma w’umukino yerekana agahinda abakinnyi ba Rayon Sports batewe no gutsindwa.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!