Kongera ingengo y’imari igenerwa Ikipe ya Etincelles FC ni kimwe mu byo Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu yaganiriyeho mu mpera z’icyumweru gishize.
Mu mwaka wa 2025/26, Akarere ka Rubavu kazakoresha ingengo y’imari ya miliyari 41 Frw, avuye kuri miliyari 43 Frw yakoreshejwe mu 2024/25.
Muri uwo mwaka, Etincelles FC yari yagenewe 242.688.027 Frw.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, Ruhamyambuga Olivier, avuga ko aya mafaranga ikipe igenerwa ahagije, kubera ko Akarere gafite byinshi kaba gakeneye gukora.
Yaboneyeho kuvuga ko abakunzi b’iyi kipe barimo abacuruzi, na bo bakwiriye kujya bashyigikira ikipe yabo kugira ngo ubushobozi bwayo bwiyongere.
Bamwe mu bakunzi ba Etincelles FC bavuga ko aya mafaranga ikipe yagenewe adahagije, kuko bari basabye akarere ko muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, kazabagenera agera kuri miliyoni 250 Frw.
Perezida wa Etincelles FC, Ndagijimana Enock, yaganiriye na IGIHE, avuga ko ingengo y’imari bagenewe atarayimenya, gusa yunga mu cyifuzo cy’abafana, bagaragaza ko hakenewe miliyoni 250 Frw dore ko ari nayo ubuyobozi bw’ikipe bwasabye.
Umwe mu bakunzi b’iyi kipe utifuje ko imyirondoro ye ijya mu igaragara, yagize ati “Ayo mafaranga aracyari make kuko ikipe ikenera byinshi. Akarere kazarebe uko kayongera mu kuvugurura ingengo y’imari gakoresha.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!