Ku Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, ni bwo kuri hateganyijwe umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakiriye ifatanyije na Canada na Mexique.
Kuri uyu munsi hateganyijwe ibirori bidasanzwe, aho hari ibizaba mbere y’umukino ndetse n’ibindi bizaba mu mukino hagati mu rwego rwo kwishimira uyu munsi.
Kugira ngo abazakurikira umukino bazarusheho kuryoherwa n’ibirori, hateguwe abahanzi batandukanye barimo Justin Bieber na Shakira kugira ngo bazasusurutse abafana.
Umwanya ibi birori bizamara ushobora kwiyongera ukamara imonota 30, bikamera nk’uko bisanzwe bigenda ku mukino wa nyuma wa Super Bowl muri NFL.
Gusa nubwo bimeze bityo ntabwo kwirengagiza amategeko asanzwe ya ruhago bishyigikiwe n’izindi nzego z’umupira w’amaguru by’umwihariko Akanama Mpuzamahanga gashinzwe amategeko y’Umupira w’Amaguru (IFAB).
Ibinyamakuru bikomeye na byo ntibishyigikiye iki cyemezo, ndetse byemeje ko nibikorwa bizakora ibiganiro by’ubusesenguzi ku mukino aho kwerekana ibirori.
Ikipe y’Igihugu ya Espagne ni yo imaze kugera ku mukino wa nyuma, nyuma yo gutsinda u Bufaransa ibitego 2-0 mu mukino wa ½, ho izahura n’izava hagati y’u Bwongereza na Argentine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!