00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akayabo Abadepite ba Uganda bahawe nyuma y’imikino ya EALA kateje urunturuntu

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 22 December 2023 saa 07:44
Yasuwe :

Buri mudepite w’Inteko Ishinga amategeko Uganda witabiriye imikino yahuje abadepite bo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yahawe miliyoni 12,7 Frw mu gihe cy’ibyumweru bibiri yamaze mu Rwanda.

Uganda yitwaye neza muri iri rushanwa aho yegukanye ibikombe mu byiciro by’umupira w’amaguru na netball nk’uko byari byagenze mu 2022.

Aka gahimbazamusyi kakuruye impaka ndende mu Banya-Uganda cyane cyane abakagereranya n’ibindi byiciro birimo n’amakipe aba yaserukiye Igihugu agahabwa intica ntikize.

Ibi kandi byagarutsweho na Perezida wa Federasiyo ya Netball wanabaye Umudepite muri manda ycyuye igihe mu 2021, aho yari ahagariye urubyiruko, Sarah Babirye Kityo ku rubuga rwa X, aho yavuze ko amakipe y’igihugu akina imikino yo ku mugabane wa Afurika ndetse n’uw’Isi agahabwa agahimbazamusyi kari hasi ugereranyije n’Abadepite bagiye mu marushanwa adafite aho yanditse mu mpuzamashyirahamwe zo ku rwego mpuzamahanga.

Abadepite bagiye mu Rwanda mu marushanwa ahuza inteko Zishinga Amategeko zo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, buri mudepite yahawe miliyoni 12,7 Frw.

Sarah Babirye Kityo ababaye cyane yagize ati” Mu gihe Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Netball yaserukiye Igihugu mu mikino ibiri ya Pent series & Africa champions yakiniwe muri Namibia, buri mukinnyi yahawe ibihumbi 166 Frw. Biteye isoni.”

Ubwo abadepite biteguraga ku kujya i Kigali muri iyi mikino tariki 6 Ukuboza 2023, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, yabasabye kutiyandarika ngo bakoze isoni Igihugu barara mu mahoteli aciriritse kuko buri wese yari yahawe impamba ihagije y’icumbi.

Yagize ati” Ibihumbi 904 Frw y’uburyamo ku ijoro rimwe buri wese ahawe arahagije kugira ngo muryame mu mahoteli meza aho kurara mu mahoteli ya make y’ibihumbi 25 Frw ku ijoro."

U Rwanda rwakiriye imikino ya EALA yabaye tariki 8 kugera tariki 18 Ukuboza 2023 yahuje ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Kenya, Tanzania, u Burundi na Sudani y’Epfo.

Buri mudepite wa Uganda witabiriye imikino ya EALA yamaze ibyumweru bibiri yahawe miliyoni 12.7 Frw biteza urunturuntu mu bakunzi b'imikino babona ko ari ukugwizaho umutungo w'igihugu
Abadepite ba Uganda batwaye ibikombe bibiri muri iri rushanwa birimo Umupira w'amaguru na Netball
Aba badepite buri umwe yahawe impamba y'ubueyamo y'bihumbi 904 Frw kugira ngo barare mu mahoteli meza y'i Kigali
Abadepite ba Uganda baserukiye iki Gihugu mu mikino ya EALA
Agahimbazamusyi kahawe abadepite ba Uganda kagereranyijwe n'ak'Ikipe y'Iguhugu ya Netball yaserukiye Uganda mu mikino ibiri Nyafurika muri Nambia ihabwa ibihumbi 166 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages