Ibi yabitangaje nyuma y’imyitozo ya nyuma yabaye ku wa Kane, tariki 28 Nzeri 2023, mbere yo guhura na Pyramids FC kuri uyu wa Gatanu, saa Kumi n’Imwe ku isaha ya Kigali.
Ubwo yari abajijwe uko imyitozo irangiye ndetse n’itsinda ry’abakinnyi uko riri kwiyumva, Taddeo Lwanga, yatangaje ko biteguye gukora akazi ndetse byose bigishoboka.
Yagize ati "Imyitozo irangiye neza, umwuka umeze neza cyane. Twiteguye gukora akazi n’ubwo gakomeye ariko ku bwo gufashwa n’Imana byose birashoboka.”
Abajijwe ku mahirwe ari hagati y’amakipe yombi, niba APR FC yakomeza mu matsinda ihigitse Pyramids FC, Lwanga yavuze byose bigishoboka.
Yagize ati” Yego biracyashoboka. Uyu ni umupira w’amaguru ni yo mpamvu dukina ibisubizo ntabwo bibonerwa mu nama, ni mu kibuga.
Lwanga yerekeje muri APR FC mu mpeshyi y’uyu mwaka avuye muri Arta Solar7 yo muri Djibouti, yemeza ko abakinnyi bagenzi be ari abasore b’abakozi buje ikinyabupfura ndetse yishimira gukorana na bo.
Ygaize ati "Ni abasore beza cyane, bafite intego, bakunda gukora cyane, bafite ikinyabupfura mu by’ukuri nishimiye kuba ndi gukorana na bo.”
Ku Cyumweru, tariki ya 17 Nzeri 2023, ni bwo APR FC yakiriye Pyramids FC kuri Kigali Pelé Stadium, mu mukino ubanza w’Ijonjora rya Kabiri rya CAF Champions League warangiye amakipe yombi anganya 0-0.”
Umukino wo kwishyura uteganyijwe kuba ku wa Gatanu, tariki ya 29 Nzeri 2023, saa Kumi n’Imwe, ku kibuga Pyramids FC yakiriraho imikino cya 30 June Stadium giherereye mu Gace ka Nasr City, yubatswe n’Igisirikare cya Misiri kirwanira mu Kirere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!